SOCIAL

Rubavu: Harimo Kubera Umwiherero Wa Guverinoma N’abafatanyabikorwa Bayo Mu Iterambere

Mu gihe abanyarwanda bamaze iminsi basaba ko hagira igikorwa mu kugabanya ibiciro by' ibiribwa byatumbagiye ku masoko, abafatanyabikorwa ba Leta basanga guteza imbere ubuhinzi buhangana n'imihindagurikire y'ibihe byaba igisubizo kuri iki kibazo.

Mu isoko rya Gisenyi abaguzi n’abacuruzi bavuga ko ibiciro ku isoko by'umwihariko ibiribwa byazamutse cyane ku buryo bigoye ab'amikora make guhaha.

Gushaka icyaba igisubizo ku izamuka ry’ibiciro ku masoko biri mu gihugu hose ni imwe mu ngingo nyamukuru iri kuganirwaho muri uyu mwiherero w’iminsi ibiri uri kubera mu karere ka Rubavu uhurije hamwe abahagarariye Guverinoma y'u Rwanda n'abafatanyabikorwa bayo mu iterambere .

Ingaruka z icyorezo cya COVID19 n'intambara y'Uburusiya byigaragaza nk'ibyaye nyirabayazana w'iki kibazo.

Leta y u Rwanda ishimangira ko guteza imbere Urwego rw'Ubuhinzi aribyo bizafasha mu guhangana n'itumbagira ry'ibiciro ku masoko.  Gusa bikajyana no gukora ubuhinzi bwa kijyambere kandi buhangana n'imihindagurikire y'ibihe.

 Nk'uko byagaragajwe n’Umunyamabanga wa leta muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe imari ya Leta Tusabe Richard.

Muri uyu mwiherero kandi aba bafatanyabikorwa mu iterambere barasuzumira hamwe uko bakomeza guhuza imbaraga na Guverinoma ku guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri iyo bageze muyisimbuye, banarebere hamwe uko hanozwa gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yagaragajwe nk'iyafasha kugarura umubare mwishi w’abana ku ishuri. 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist