RELIGION

ESE KOKO KIRAZIRA KU BAKRISTO KUMVA INDIRIMBO Z’ IBISHEGU?

Ni kenshi uzasanga abakristo bamwe na bamwe barahisemo kutumva indirimbo z’abahanzi, zivuga ubutumwa butarimo Imana ahanini uzasanga zishigiye ku bikorwa byamamaza ubusambanyi, ubupfumu, ubukonikoni n’ibindi. Nonese tubashime tuvuge ko bari mu nzira y’ukuri? Reka turebere hamwe icyo Bibiliya ibivugaho.

 

Ibyanditswe byera bigerageza kduha umucyo kuri iki kibazo, iyo usome mu 1 Abakorinto 10:23 hagira hati: “Nubwo twemererwa byose, ariko ibigira icyo bitumarira si byose. Byose turabyemererwa koko, ariko ibitwungura si byose.” Bibiliya yongera gusaba abakristo guhitamo ibyo Imana ishima. Buri muntu wese afite uburenganzira bwo guhitamo ibimunogeye; aha bishobora kuba byiza cyangwa bikaba bibi bitewe n’icyo umuntu yahisemo. Ese no ku Mana byose biremewe? Mu gusubiza iki kibazo, Intumwa Pawulo yagize ati: “… Ibisigaye bene Data, iby'ukuri byose, ibyo kūbahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby'igikundiro byose n'ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso nziza kandi hakabaho ishimwe abe ari byo mwibwira.” (Abafilipi 4:8).

Ku mpaka zijyanye n’iherezo ry’abatazi amategeko y’Imana bikorera ibijyanye na kamere zabo, Bibiliya yerekana neza ko na bo bagibwaho urubanza kuko umutimanama wabo na bo ari itegeko riteye muri bo ribamenyesha igikwiye. Kuri iyi ngingo, Intumwa Pawulo asobanura neza agira ati:

 “Abakoze ibyaha bose batazi amategeko bazarimbuka badahowe amategeko, kandi abakoze ibyaha bose bazi amategeko bazacirwa ho iteka ry’amategeko, kuko abumva gusa amategeko ataribo bakiranuka ku Mana, ahubwo abayumvira ni bo bazatsindishirizwa na yo. Abapagani badafite amategeko, iyo bakoze iby’ amategeko ku bwabo baba bihindukiye amategeko nubwo batayafite, bakagaragaza ko umurimo utegetswe n’amategeko yanditswe mu mitima yabo, ugahamywa n’imitima ihana ibabwiriza, igafatanya n’ibitekerezo byabo kubarega cyangwa se kubaregura. Kandi ni na byo Imana izatanga ho umugabo ku munsi izacirira abantu ho iteka muri Yesu Kristo ku byahishwe byabo, nk’uko ubutumwa bwiza nahawe buri.” (Abaroma 2: 12-16

 

Nubwo bimeze bityo ariko, Ijambo ry’Imana ridusaba cyane kwirinda gucira abandi imanza haba ku mutima, mu magambo cyangwa mu migenzereze iyo ari yo yose. Intumwa Pawulo akebura abo mu Itorero ry’i Roma yagize ati:

“Ariko ni iki gituma ucira mwene So urubanza? Kandi nawe ni iki gituma uhinyura mwene So? Twese tuzahagarara imbere y’intebe y’imanza y’Imana, kuko byanditswe ngo “Uwiteka aravuga ati ‘Ndirahiye, Amavi yose azampfukamira, kandi indimi zose zizavuga ishimwe ry’Imana.’ Nuko rero umuntu wese muri twe azimurikira ibyo yakoze imbere y’Imana.” (Abaroma 14: 10-14) 

 

Mu Gitabo cy’ Indangagaciro z’ Umuco nyarwanda ku rupapuro rwa gatanu (5) basobanura ko Indangagaciro ari umurinzi w’umuco uhoraho uko ibihe bizagenda biha ibindi, zigaragarira cyane cyane mu bizira n’ibiziririzwa mu muco w’u Rwanda. Indindagaciro zisigasira umuco w’u Rwanda, zikadufasha mu myitwarire yacu, mu kugirira akamaro abandi n’Igihugu no kwirengera ubwacu. Kuzirengaho bitesha agaciro nyirubwite, umuryango n’igihugu. Birumvikana neza ko ibihangano by’ ibishegu biciye ukubiri n’ umuco nyarwanda ndetse byangiza amahame remezo y’ umuco n’ikinyabupfura gikwiye.

By’umwihariko, ibihangano by’ ibishegu bigira ingaruka mbi ku bakiri bato n’ urubyiruko muri rusange, kuko byangiza imitekerereze yabo, bikabatera kuyoboka  inzira yo kwigomeka no kugwa mu bishuko bibangiriza ubuzima, nko kwishora mu ngeso z’ ubusambanyi, kunywa ibisindisha n’ibiyobyabwenge, amakimbirane, urugomo, kwiba no kwangiza iby’abandi. Ibyo bidindiza urubyiruko, bikabangiriza ejo hazaza, n’ iterambere ry’ igihugu, cyane ko urubyiruko ari zo mbaraga z’igihugu za none n’ejo.

Muri make, abakristo bemera ko impano zose n’ubwenge bw’abizera biba bikwiye kumurikirwa n’Ijambo ry’Imana n’ihishurirwa rya Mwuka wera. Ku rundi ruhande, inzego zitandukanye na zo, haba ku bigenga n’inzego z’igihugu ntibahwema gushishikariza abahanzi gukora ibihangano bidahabanye n’umuco nyarwanda. Tutagendereye gutanga igisubizo cy’ihame kuri iyi nsanganyamatsiko, ni ahawe guhitamo ikiboneye?

 

Umwanditsi: Lambert MUGISHA

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist