RELIGION

UMURAMYIKAZI SHARON GETETE NI MUNTU KI? SOBANUKIRWA BYINSHI UTARUZI KU BUZIMA BWE


SHARON Gatete ni umuhanzikazi ukizamuka uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Yavukiye mu Karere ka Gasabo Umurenge wa Kacyiru ho mu Mujyi wa Kigali.

Uyu muhanzikazi wavukiye mu muryango wa Gikirisitu, yamenye ko akunda kuririmba afite imyaka 9 y’amavuko, ubwo yaririmbaga ku ishuri (Kigali Parents School) yigagaho icyo gihe, ndetse no mu Itorero abarizwamo.

Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye, yahisemo gukurikirana umuziki abigize Umwuga. Nubwo yakuriye mu muryango ukijijwe, asobanura ko atizeraga Imana uko bikwiriye. Nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye ndetse yari guhitana ubuzima bwe, yahisemo kwiyegurira Imana ndetse afata umwanzuro wo kuzayikorera ubuzima bwe bwose.

 

                      Sharon Gatete yifuza kujya aririmba abantu bagakira indwara

 

Mu mwaka wa 2018, Gatete yiyandikishije mu ishuri ry’umuziki ryo ku Nyundo, rizwiho kurera impano z’umuziki mu Rwanda. Iki kigo yakigiriyemo ibihe byiza kuko ubwo mu Rwanda twibukaga ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, yari muri bake cyane bo muri iryo shuri batoranyijwe kugira ngo babe abaririmbyi bakora “backup” mu ndirimbo izwi ku izina rya ‘’Tubatuye imitima’’ yari ihuriyemo bahanzi b’ibyamamare nka Intore Masamba, Knowless Butera na Igor Mabano.

Ubuhanga bwa Gatete bwo kuyobora bwagaragaye ubwo yayoboraga itsinda ry’ abaririmbyi ry’inyuma, izina rye rikamenyekana muri Village Urugwiro. Uku kumenyekana kwatumye ahabwa andi mahirwe yo kuzayobora mu bikorwa bitaha. Mu rwego rwo kubashimira, ibiro bya Perezida byabishyuriye amafaranga y’ ishuri.

          

                    Gatete ni umuhanga mu kuyobora abaririmbyi

Muri 2021, yarangije mu ishuri rya muzika ryo ku Nyundo afite ubuhanga mu bijyanye n'umuziki, ubucuruzi bw'umuziki, ndetse no guhimba indirimbo. Ibyo byatumye aza ku mwanya wa mbere mu bakobwa bo kuri iki kigo. Hari hashize umwaka Gatete atangiye umwuga we, kuko kuva mu 2023 yasohoye indirimbo nka 'Kumbuka,' 'Umukunzi’, Rwanda Shima Imana, hamwe n'indirimbo aheruka gukora, 'Inkuru Nziza.

Gatete akora umuziki nta mujyanama (manager), yishyura amafaranga yose yakoreshejwe mu bikorwa by’umuziki we abifashijwemo n’umuryango we, dore ko asobanura ko ari wo umushyigikira mu bikorwa bye byose.

Uyu muhanzikazi ukizamuka akomeje kwigarurira imitima y’abantu benshi kubera ubuhanga n’ubumenyi budasanzwe bigaragarira mu bihangano bye by’ umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Sharon Gatete avuga ko mu myaka icumi iri imbere yibona ari umunyarwandakazi w'umunyamuziki ku rwego mpuzamahanga, kandi ufite benshi cyane cyane abana n'abagore bavurwa (bafashwa) n'ibyo Imana yamushyizemo, uteye ishema Imana, igihugu cye ndetse n'umuryango we.

Umwanditsi: Nyawe Lamberto M.


REBA INKURU NZIZA ya SHARON GATETE

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist