SOCIAL

UMUBYEYI WA WA THACIEN TITUS AGIYE ASIZE ABANA 145 BOSE, EV NYIRAPASIKA IMANA IRAMUKORESHEJE

Ku mugoroba wo kuwa 3 gicurasi nibwo humvikanye inkuru y’ incamugogo ivuga ko umubyeyi w’ umuhanzi Thacien Titus ariwe Kamugundu Zachée yitabye Imana azize uburwayi yaramaranye iminsi ku myaka 98 kuko yavutse mu 1928. Uru rupfu rwashenguye abantu benshi by’umwihariko abakunzi ba gospel, dore ko muri uyu muhango wo gushyingura uyu mubyeyi hagaragaye mo abahanzi benshi bagera kuri 30 bari baje kumufata mu mugongo.

Mbere yuko batangira uyu muhango babanje kwiragiza Imana babifashijwemo na Ev Nyirapasika, Abahanzi nabo bakurikiraho mu Ndirimbo bahuriyemo yitwa TURI HAFI YO KUZABONA YESU ya Korali Hoziana. Mu kiganiro yagiranye n’ umunyamakuru mugenzi wacu abajijwe urwibutso uyu mubyeyi asize, mu kiniga cyinshi  umuhanzi Thacien Titus yagize ati: "Yari umujyanama mwiza, yakundaga umuryango we cyane ndetse yadutoje gusenga no kubana n’abantu bose amahoro."  Thacien Titus yakomeje avuga  ko bari mu gahinda ko kubura umubyeyi ariko kandi ko bagomba kubyakira kuko ijambo ry’Imana ridusaba no gukomera ku munsi mubi kandi muri byose tugahora dushima Imana.

Mu mvugo ya Amoni Murwanashyaka Umwe mu bana bakuru ba nyakwigendera, yasobanuye ko Umubyeyi Kamugundu Zachée yashatse abagore batatu ariko mu byiciro bitandukanye. Umugore  wa mbere yashatse yaje kwitaba Imana, ashaka umwa kabiri nawe aza kwitaba Imana, abona gushaka uwa gatatu ariwe bari kumwe kugeza isaha yatabarukiye. Yakomeje avuga ko asize Umuryango w’Abantu bagera kuri 145 bamukomokaho muri bo ubuvivi ni 1, abakazana ni 21 abakwe nabo bakaba 8.

Uyu mubyeyi wari utuye mu karere ka Kamonyi yashyinguwe kuri uyu wa Mbere tariki 06/05/2024 nyuma y’iminsi 3 atabarutse dore ko yitabye Imana kuwa 03/05/2024.

Uyu mubyeyi akaba yashyinguwe mu irimbi rya Nyamugari mu karere ka Kamonyi.

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist