HEALTH

INGARUKA MBI ZA TELEFONE NGENDANWA KU BUZIMA BWACU

INGARUKA MBI ZA TELEFONE KU BUZIMA BWACU

 

Mu bihe bitambutse tutaratangira gukoresha telephone, ibikoresho by’itumanaho twakoreshaga byari ingenzi kuri twe. Ndetse abenshi iyo dusubije amaso inyuma, ntabwo twiyumvisha neza ukuntu byashobokaga, kubaza cg kubwira amakuru umuntu utuye mu yindi ntara, bikamugeraho kandi nawe akagusubiza. Ibyo byarashobokaga kandi byari ingirakamaro kuri twe, ikirenze kuri ibyo ntabwo byangizaga ubuzima bwacu.

Muri iki gihe tugezemo iterambere rirakataje, kandi ryazanye ibisubizo byinshi mu bijyanye n’itumanaho. Uwazana umuntu wabayeho telephone zitaraza, akabona uburyo zitanga amakuru ku buryo bwihuse kandi zikayageza aho ari ho hose nyirayo yifuza ko agera mu kanya gato cyane, yakeka ko ari mu nzozi. Telephone ziradufasha cyane mu kwihutisha amakuru kurusha uko byakorwaga kera.

Izi telephone zidufasha cyane mu itumanaho ni ibiki zivugwaho bitari byiza?

INGARUKA ZA TELEFONE KU MASO

Nk’uko tubikesha urubuga rwa sante magazine, guhoza amaso atumbiriye mu kirahure cya telephone bishobora kwangiza ubuzima bw’amaso yawe, harimo kurwara umutwe, kumva amaso ananiwe,  amaso ashobora kukurya cg se ukayabyiringira, ushobora kugira ijisho ryumagaye, kunanirwa kureba neza, … ndetse ushobora no kugira ibibazo bikomeye mu maso birenze ibyo tuvuze.

Kumara igihe kirekire ureba muri telephone yawe ngendanwa byangiza imboni y’ijisho ndetse biri mu bintu byongera ibibazo byo kutabona neza kumaze kwiganza muri iki gihe.

Hari abagore 2 b’abongereza bavuze ko bagize ubuhumyi bw’igihe gito, kubera  kumara igihe kinini bareba muri telephone ngendanwa. Bombi bakundaga kurara bareba muri telephone zabo nijoro bagiye mu buriri.

INGARUKA ZA TELEFONE KU BITOTSI

Imwe mu ngaruka mbi za telephone zakunzwe kugaragazwa ni iyo urwo rumuri rwa telephone rugira ku bitotsi. Twese dukwiye kubimenya ko urumuri rwa telephone atari rwiza ku buzima bwacu, haba ku maso yacu ndetse no ku bitotsi.

Icyo twakwita isaha y’umubiri wacu igendera ku rumuri, iyo hari urumuri umubiri uba maso, iyo urumuri rugabanutse umubiri ugira ibitotsi. Kuguma ureba muri telephone yawe kandi bwije bishobora gutuma ubura ibitotsi nijoro, cyangwa se ugasinzira nabi. Gukomeza kureba mu rumuri rwa telephone nijoro, bibuza ubwonko kuvubura umusemburo wa melatonine ari wo utuma tugira ibitotsi, ibyo bikaba byatuma ubura ibitotsi igihe ugiye kuryama, bikaba byatuma usinzira nabi cyangwa se wasinzira ukabyuka wumva unaniwe, utaruhutse neza.

INGARUKA ZA TELEFONE KU BWONKO

Ibyo ni ibintu byakomeje kugibwaho impaka n’abahanga, kuva mu myaka itambutse kugeza uyu munsi. Abashakashatsi bamwe bagerageza guhuza kanseri y’ubwonko n’ibyo wagereranya n’amashanyarazi biba muri telefone bikurura amajwi akaza cg se agasohoka muri telephone. Ubushakashatsi buheruka bwakoze na Amerika (National Toxicology Program), bwerekanye ukwiyongera kwa kanseri y’ubwonko n’iy’umutima ku mbeba zashyizwe ahantu hegeranye n’imbaraga zikurura amajwi z’uburyo butandukanye. Gusa iyo sano iba hagati y’ibikururura amajwi n’ingaruka zabyo ku buzima ntibiremezwa neza.

Hari inyandiko zimwe zivuga ko hari ukwiyongera kw’ibibyimba byo mu bwonko ku bantu bakoresha telephone igihe kirekire, ari yo mpamvu CIRC (Centre international de recherché sur le cancer)yashyize inyakiramajwi ku rutonde rw’ibyatera kanseri. 

Imbuga nkoranyambaga zongera ibyago byo kugira indwara y’agahinda gakabije.

Telephone zitwa smartphone, ziduhuza n’isi yose dutanga amakuru yacu kandi dukurikira n’ay’abandi, ibyo biri muri bimwe bigira ingaruka ku buzima bwacu bwo mu mutwe, harimo guhora umuntu afite ubwoba, kugira agahinda gakabije no kugira ibibazo mu bijyanye n’imirire.

INGARUKA ZA TELEFONE KU IJOSI NO KU NTOKI

Iki ni ikibazo abantu benshi badakunda gutekerezaho, akenshi bagira ngo ni izindi ndwara barwaye, ariko nubigenzura nawe ushobora kuzasanga bituruka kuri iyo telephone yawe. Guhora wubitse umutwe ureba muri telephone yawe bitera ikibazo imitsi yo ku ijosi, cyane cyane inyuma ku bikanu, ugasanga uhora wivuza ibikanu bidakira kandi igisubizo kiri mu ntoki zawe. Ibyo ni bibi cyane ku bana bose bakiri mu myaka yo gukura kuko bishobora kubatera ubumuga.

Ikindi ni uko hari abavuga ko guhoza urukoki rwawe muri telephone bishobora kwangiza imitsi y’intoki cyane cyane igikumwe kikakubabaza kandi ntigikomeze gukora nk’uko bisanzwe. Ibyo kandi biba no ku bantu bakina imikino bakoresheje ibyitwa manette, ibyo si byiza ku ntoki zacu.

INGARUKA ZA TELEFONE KA BANA BATOYA

Abahanga benshi bahuriza kuri iki kintu kivuga ko “guhoza abana bacu muri telephone nta kiza na kimwe bibazanira, ahubwo bibakururira ibyago byinshi”. Umuryango muzamahanga wita ku buzima (OMS), n’ikigo cy’abanyamerika gishinzwe uburezi bw’abana, bibuza ibikorwa byose byakorerwa kuri telephone ku mwana utarageza ku myaka ibiri (2), mu gihugu cy’ Ubufaransa ho bageza ku myaka itatu (3). Ibyo bintu byose bareberaho ayo mashusho bigira ingaruka ku mikorere y’ubwonko bwabo, byangiza imikorere yabo y’ubwonko ijyanye no kwibuka,, ikangiza ibijyanye no kwita ku bintu (kubireba cg kubikora ubyitondeye), bikangiza guhuza ibikorwa kwabo n’ibyo barimo. Bishobora kubatera umunaniro uhoraho, kunanirwa gusinzira cg se gusinzira nabi, guhangayika no guhorana ubwoba.

UKO WAKWIRINDA IZO NGARUKA ZOSE

Kuko turi mu isi y’ikoranabuhanga kandi ibikorwa byinshi bikorerwa kuri telephone, igisubizo si ukuva mu isi turimo ngo tubeho twenyine, ahubwo ni ugushaka uburyo bwiza bwo kuzikoresha. Dore bimwe mu byo ukwiriye gukora:

-        Gukura ijwi muri telephone yawe (silencieux) igihe ugeze mu rugo, niba akazi kawe katagusaba kuyikoresha ugeze no mu rugo, ukayibika ahantu utari kuyibona mu maso yawe

-        Kugena igihe ukwiye kumara ukoresha telephone ku manywa cg nijoro bitewe n’ibyo ukora

-        Kutararana telephone mu buriri

-        Kwirinda kureba muri telephone ugiye kuryama, uryamye cg se ukibyuka (ugikanguka)

-        Gukuramo notifications (zibikubwira ko hari inkuru zije)

-        Guhanagura telephone kuko hari ubushashatsi buvuga ko haba hariho imyanda myinshi n’uburozi byangiza umubiri

-        Kwitaba telephone utayifashe mu ntoki washyizemo ijwi rivuga cyane (haut-parleur) igihe ntawe bibangamiye

-        Kwirinda ibiganiro bimara umwanya muremure cyane kuri telephone.

-        Kwitabira ahantu hari network cg reseau nziza kuko telefone ikoresha imbaraga nyinshi, nazo zikangiza cyane iyo irimo ishakisha uburyo ijwiri ryakumvikana neza.

-        Kureba muri telephone wemye ureba imbere neza utayunamyemo

-        Kwirinda guha abana bari munsi y’imyaka 3 telefone no kwirinda kuzibareresha cg se kuzibahoresha igihe barize cg se bababaye.

-        Kugena igihe gito cyane  gishoboka ku mwana urengeje imyaka 3 igihe bibaye ngombwa ko umuha iyo telephone (bavuga ko myaka 3-6 utagombye kurenza iminota 20)

-        Kwirinda gutwara telephone yegereye ibice by’umubiri bimwe na bimwe (inda ku bagore batwite, imyanya y’ibanga y’abagabo cg se y’abagore)

     

     Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

 

IBYIFASHISHIJWE

https://www.santemagazine.fr

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist