ABABIKIRA B’ABABAPOROTESITANTI MU RWANDA BIZIHIJE YUBILE Y’IMYAKA 40

Umuryango w’ababikira b’abaporotesitanti mu Rwanda
aribo bitwa “UMURYANGO W’ABADIYAKONESE ABAJA BA KRISTO” (CD-ABK) washinzwe
taliki ya 1/12/1984, biturutse ku gitekerezo cy’Itorero Presibiteriyene mu
Rwanda (Eglise Presbyterienne au Rwanda- EPR), nyuma yo kubona ibikorwa
byakozwe mu Itorero n’ababikira b’abamisiyoneri baturutse mu Burayi. EPR yifuje
ko iyo mirimo itahagarara ahubwo yakomeza gukorwa n’abakobwa bemeye kwiha Imana
b’Abanyarwanda.
Uyu muryango watangiranye n’abakobwa 9, ku bufatanye bw’umuryango w’ababikira b’abadiyakonese ba Amerongen mu Buholandi, ubu ugizwe n'ababikira 45, utabariyemo n’abandi batabarutse (bitabye Imana).
Umuhango wo kwizihiza iyo yubile watangiwe n’umutambagiro w’abihayimana (ababikira, abashumba, abapadiri, abasenyeri), bawitabiriye baturutse mu matorero anyuranye ndetse na Kiliziya Gatorika. Uwo muhango kandi witabiriwe n’abanyeshuri bo mu bigo by'amashuri abanza n’ayisumbuye by’abadiyakonese, abaturanyi b'umuryango ndetse n'abashyitsi baturutse hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga.
Hakurikiyeho gusenga, kumva indirimbo zihimbaza Imana, n’ijambo ry’Imana ryasomwe muri ZABURI ya 126. Ijambo ryigishijwe na Rev. Vincent MUSABYIMANA umuyobozi wa EPR/Rubengera Presbytary, yibutsaga abari aho ko bakwiye gusubiza amaso inyuma bakareba ibyo Imana yabakoreye maze bakayishima. Iyo ni nayo ntego bari bafite mu kwiziza iyo yubile, igira iti: “UWITEKA YADUKOREYE IBIKOMEYE NATWE TURISHIMYE”.
Muri iyi sabukuru, hari n'ababikira babiri b'abaja ba Kristo, bari bizihije yubile ku giti cyabo, y’imyaka bamaze binjiye muri uwo muryango: Sr. Berthe MUKARURANGWA, umaze imyaka 40, na Sr. Esperance RUSINE, umaze imyaka 25. Bombi bafashe ijambo, bashima Imana yabafashije mu muhamagaro wabo kugeza uyu munsi, ndetse bayisaba no kuwubakomereza mu myaka iri imbere.