HEALTH

DUSOBANUKIRWE N’IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu buzima bwacu duhura n’ibibazo bitandukanye bitugiraho ingaruka. Ingaruka z’ibyo bibazo nizo zidutera ibyo twita ibikomere byo ku mutima. Rimwe na rimwe hari ubwo tumenya ko imyitwarire dufite uyu munsi iterwa n’ibibazo twaciyemo ariko hari n’ubwo tutabimenya bityo tugahora dufitanye ibibazo n’abandi kuko tutazi ko turwaye cg se bo batazi ko turwaye.

Ese igikomere cyo ku mutima gisobanurwa gute?

Hano kirasobanurwa hifashishijwe igikomere gisanzwe cyo ku mubiri.

a.     Igikomere cyo ku mubiri giterwa n’impamvu runaka nko gusitara, gukomeretswa n’icyuma, ihwa, igiti, ibuye,…

Ø Igikomere cyo ku mutima nacyo giterwa n’impamvu nko kuba mu ntambara ukabona ibibi byinshi, kubona uwawe ahemukirwa, gufatwa ku ngufu, kugirirwa nabi, kubura uwo ukunda, gukora impanuka, gutakaza ibice by’umubiri, kugira uburwayi bw’umubiri igihe kirekire cg se kugira uburwayi budakira, …

b.    Igikomere cyo ku mubiri kiragaragara, uba ubona aho umuntu yakomeretse

Ø Igikomere cyo ku mutima kiragaragara ariko kigaragarira mu myitwarire y’umuntu.

c.     Igikomere cyo ku mubiri kirababaza cyane kandi kigomba kuvurwa neza kugira ngo gikire

Ø Igikomere cyo ku mutima nacyo kirababaza cyane kandi kigomba kuvurwa neza kigakira

d.    Igikomere cyo ku mubiri kititaweho gishobora kuba umufunzo

Ø Igikomere cyo ku mutima iyo kititaweho gishobora kuba kibi cyane

e.     Igikomere cyo ku mubiri kigomba gusukurwa neza kugirango haveho imyanda yose

Ø Igikomere cyo ku mutima kigomba kugaragara, umubabaro ugomba kugaragazwa, ibibi byose byabaye bikagaragazwa

f.      Igikomere cyo ku mubiri iyo kivuwe kigakira inyuma ariko imbere hadakize, umuntu arushaho kumererwa nabi

Ø Igikomere cyo ku mutima iyo wibwiye ko cyakize kandi atari byo, nyir’ukukigira agira ibibazo bikomeye cyane

g.     Igikomere cyo ku mubiri iyo kitavuwe gikurura amasazi menshi

Ø Igikomere cyo ku mutima iyo kitavuwe, gishobora kuganisha ku byaha

h.    Igikomere kivurwa n’abantu n’imiti

Ø Igikomere cyo ku mutima Imana igikiza ikoresheje abantu badufasha gusobanukirwa neza ibibera mu mitima yacu

i.       Igikomere cyo ku mubiri kugikira bitwara igihe

Ø Gukira igikomere cyo ku mutima bitwara igihe

j.      Igikomere cyo ku mubiri iyo gikize gisiga inkovu

Ø Igikomere cyo ku mutima iyo gikize gisiga inkovu. Abantu bashobora gukira ibikomere ariko ibyo banyuzemo bikaba byarabahinduye.

ABANTU BAFITE IBIKOMERE BYO KU MUTIMA BITWARA BATE?

Bamwe usanga buri gihe bafite ubwoba, basimbagurika igihe habaye urusaku urwo ari rwo rwose. Bahora bahangayitse kandi biteze ikintu cyabagwirira igihe cyose, bananirwa gusinzira cg bagakanguka kare cyane. Rimwe na rimwe baratengurwa cg imitima yabo igatera mu buryo budasanzwe,  bashobora guhumeka nabi cg bakagira isereri.

Bamwe usanga barakariye buri wese, bakagaragaza urwango ndetse bakagira urugomo. Urugero: umuntu wahemukiwe n’umugore ugasanga yanga abagore bose, uwahemukiwe n’umusore ugasanga yanga igitsina gabo cyose, cg se ugasanga ahohotera abantu bose basa cg benda gusa n’uwamuhemukiye.

Abantu bafite ibikomere byo ku mutima, bamwe usanga bababaye cyane kandi bacitse intege, barira kenshi kandi ntibashake no kurya.

Abandi bahungira kure ikintu icyo ari cyo cyose cyabibutsa ibintu bihahamura babayemo.

Urugero: umuntu wabaye mu ntambara n’imirwano ikoreshwamo indege, atinya amajwi y’indege ndetse agahunga n’ibibuga byazo.

Niba umuntu yarigeze gukomeretswa n’abakristo, ashobora kwanga kujya mu rusengero.

Bamwe mu bafite ibikomere bashobora no kwibagirwa bimwe mu byababayeho.

Abandi bumva bibarenze ntibite ku bishobora kubabaho, bakabura imbaraga.

Abandi ugasanga bagira urugomo, no kureba imirambo cg ibindi bintu bibi ntacyo bibabwira na busa.

Abantu bafite ibikomere byo ku mutima, hari abakomeza kwibuka ibibi banyuzemo, rimwe na rimwe ndetse bakumva bakibirimo kandi byararangiye. Buri gihe iyo batekereje ku byababayeho, bihita bibaca intege ku buryo batongera kwitabira umurimo bashinzwe.

Bamwe muri abo bantu usanga badahwema gutekerereza abo babonye bose ibyababayeho. Nyamara abandi bo ntibashaka no kugira icyo babivugaho.

Abandi na none bafite ibikomere byo ku mutima bagerageza gushaka kwiyibagiza agahinda k’ibyababayeho bafata ibiyobya bwenge, ibisindisha, kurenza urugero mu kurya cg mu mirimo bakora, gukora ubusambanyi,…

Iyi myitwarire yose irasanzwe ku bantu banyuze mu bintu bikomeye mu buzima bwabo.

Bishobora guhita bigaragara ako kanya ukibirimo cg ukibivamo cg se bikazagaragara bitinze.

Birakomeza, …

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

 

IBYIFASHISHIJWE

Igitabo cya Bible Society of Rwanda “GUKIZA IBIKOMERE BY’IHUNGABANA”, 2012 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist