HEALTH

ZIMWE MU NZIRA ZO GUKIRA IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu nkuru yabanje, twabonye ko igikomere cyo ku mutima gisa neza n’igikomere cyo ku mubiri kandi ko gikenerwa kuvurwa kigakira neza nk’uko igikomere gisanzwe cyo ku mubiri kivurwa kigakira.

Mu bidukomeretsa umutima, usanga ibyo abantu bamwe banyuzemo ari bibi cyane kurusha abandi, ariko uburyo abantu babyitwaramo buratandukanye.

Bimwe mu bikomerera abantu harimo ibi bikurikira:

-        Urupfu rw’umuntu wawe, kugambanirwa cg se guhemukirwa n’umuvandimwe, n’inshuti magara.

-        Ikibazo ubamo kikamara igihe kirekire kidakemuka

-        Ikibazo ugira kigashira ariko kikajya gihora kigaruka

-        Ikintu cyakozwe nkana mu kuzana umubabaro kitari impanuka

Abantu benshi bashobora kunyura mu bintu bimwe, ariko ugasanga bamwe bafite imyifatire iteye impungenge mu gihe abandi usanga bidakabije.

Mu bagira imyitwarire iteye impungenge harimo:

-        Umuntu ufite abarwaye indwara zo mu mutwe mu muryango we

-        Umuntu uhorana agahinda n’ukomeretswa na buri kintu cyose

-        Umuntu wanyuze mu bikomeye mu bihe bishize cyane cyane mu bwana bwe

-        Umuntu udafashwa n’umuryango we cg se inshuti mu gihe ari mu bibazo cg se nyuma yabyo

Inama tugirwa kenshi mu gihe cy’ibibazo.

Nko ku bakristo ndetse no mu nshuti, bamwe babuze ababo cg se bahuye n’ibibazo runaka, si ngombwa kuvuga ku bibazo byabo bwite, si ngombwa gushaka ubufasha, bakubwira ko ukwiye kwibagirwa ukarangamira ibiri imbere. Bamwe batekereza ndetse bakakubwira ko, kugaragaza umubabaro uri mu mutima wawe ari ugushidikanya ku masezerano y’Imana.

Nyamara muri Bibiliya tubona ko hari abantu bagiye bagaragaza agahinda kabo cg se ibyiyumvo byabo.

Yona yivovoteye Imana.

Yona (Yonasi) 4:3 “None rero Uhoraho, nyica kuko gupfa bindutira kubaho”.

Petero yararize cyane ubwo yari yibutse icyaha cye cyo kwihakana Yesu, kandi yari yanabimubwiye mbere y’uko biba.

Matayo 26:75 “Petero niko kwibuka Ijambo Yezu yari yavuze ati: “inkoko irajya kubika umaze kunyihakana gatatu”. Asohoka ashavuye, arira cyane”.

Hana wari warabuze urubyaro, yagiye gutura Imana agahinda ke.

1 Samuel 1:10, 13-16 “Hana yari afite agahinda kenshi ararira cyane. Umutambyi Eli akabona iminwa inyeganyega, ariko ntagire icyo yumva kuko yasengaga bucece. Nuko Eli agira ngo Hana yasinze, ni ko kumubwira ati: “uzakomeza gusinda kugeza ryari? Waretse inzoga!” Hana aramusubiza ati: “Oya nyakubahwa, sinanyoye divayi cg izindi nzoga, ahubwo ndi umugore washavuye nkaba nje kuganyira Uhoraho. Ishavu n’agahinda byandenze, nibyo natinze mbwira Uhoraho. Ntumfate nk’umugore w’umupfayongo””. 

Na Yesu ubwe yagaragaje umubabaro we ku bo bari kumwe no ku Mana.

Matayo 26: 37-38 “Maze ajyana na Petero na bene Zebedeyi bombi, atangira kugira agahinda n’ishavu. Nuko arababwira ati: “agahinda mfite karenda kunyica. Nimugume hano mube maso hamwe nanjye””.

Yageze n’aho avuga ati: “Data niba bishoboka igiza kure yanjye iki gikombe cy’umubabaro”. Gusa yongeyeho ko bitaba uko ashaka, ahubwo ngo bibe uko Se ashaka.

Yesu yagize agahinda gakomeye kandi ibyiyumvo bye akabisangira n’abigishwa be. Pawulo atubwira ko tugomba kubwirana ibibazo byacu kugira ngo twerekane urukundo rwa kivandimwe no kwita kuri bagenzi bacu.

Imana ishaka ko tuba inyangamugayo kandi tukavuga ukuri kuri mu mitima yacu.

Imwe mu nzira zidufasha gukira ibikomere byo ku mutima ni ukugaragaza ibyiyumvo byacu. Amaganya, amarira, ni bumwe mu buryo bwo kugaragaza agahinda kacu.

Zaburi 13: 2-6 Dawidi aganyira Imana, akayibwira agahinda kose afite ndetse akayibwira ko yamwibagiwe. Ariko kandi ayisaba kumutabara ngo adapfa, maze abamugirira nabi bakabyishimira. Asoza avuga ko yiringiye ineza ye, kandi ko azishimira ko Imana imukijije.

Ayo maganya afasha abantu kugaragaza akababaro kabo bisanzuye, ku buryo ndetse bageza n’aho gushinja Imana. Ariko hagakurikiraho ibyiringiro byabo mu Mana kuko niyo baba bagiye kuganyira kandi ni nayo baba bari gusaba ubutabazi. Ibyo bituma amasengesho agira imbaraga, umubabaro ushyirwa ahagaragara, ariko umuntu ntakomeza kuba imbata yawo, ahubwo atakambira Imana kandi agahamya icyizere ayifitiye. Umuntu ubabaye ashobora no kuba inyangamugayo imbere y’Imana mu bireba amarangamutima ye n’ugushidikanya kwe. Ni muri iyo mibereho Imana ishobora gutanga igisubizo cyayo. Mu maganya, abantu ntibashaka gukemura ibibazo byabo ubwabo, ahubwo batakambira Imana kugira ngo ibatabare. Barangamira Imana kuko ariyo yonyine igenga imibereho y’abantu. Aho kwirwanaho ubwabo cg kuvuma ibibaruhije, basaba Imana kugira icyo ikora ngo igaragaze ubutabera bwayo.

Kureka umuntu akavuga agahinda ke, ni imwe mu nzira zo gukira ibikomere byo ku mutima. Niba ufite uwagutega amatwi wizeye, ugashobora kuvuga agahinda kawe, kuvuga ibibi wanyuzemo, buhoro buhoro uburakari bugenda bugabanuka ndetse bushobora no kugera aho bugashira. Iyo ubuze uwo ubwira uburakari bwawe, bumara amezi menshi, imyaka myinshi ndetse aho kugira ngo bushire bikarushaho kuba bibi.

Umuntu ashobora kubwira mugenzi we yizeye ibibazo bye bari bonyine, ahantu bahisemo hatuje kugirango avuge yisanzuye.

Hari n’ubwo abantu bashobora kubikorera mu matsinda mato bemeranyaho, mu rwego rwo gukira ibikomere, buri wese akagira umwanya wo kuvuga ku mubabaro we. Iryo tsinda rigakora ku buryo rizajya rihura kenshi.

Igihe umuntu ari kukubwira agahinda ke, ibi ni bimwe mu bibazo umuteze amatwi ashobora gukoresha kugira ngo amushishikarize kuvuga.

Byagenze bite?

Wabyifashemo ute?

Mbese ni ryari byagukomereye cyane?

Abantu iyo baganira ku bibazo byabo, ku kababaro kabo bashobora:

·       gusobanukirwa neza ibyababayeho n’imyifatire yabo. Yohana 8:32

·       Kwakira ibyabaye

·       Kwiga gushyira ibyiringiro byabo mu Mana, kuruhukira muri Yo no kuyemerera kubakiza.

 

Iyo umuntu ari mu nzira zo gukira ari kukubwira ibibazo yanyuzemo, mu byo avuga wumvamo:

-        Ukuntu hari ibyo yatangiye gukora kugira ngo ibyo arimo bihinduke

-        Uko Imana yabimufashijemo hakaba hari impinduka ari kubona

-        Ukuntu nawe agerageza gufasha abandi bafite ibibazo ngo babashe kubivamo

Ibikomere bimwe byo ku mutima bishobora gukenera ubufasha burenze ubwo gutegwa amatwi gusa, harimo, ibibazo byinsi bisobekeranye, ibibazo bihora bigaruka, ibibazo biremereye ubwabyo, ibibazo bimaze igihe kirekire cyane, ibibazo bibuza umuntu kwiyitaho no kwita ku muryango we,...

Iyo ibibazo by’umuntu bidahinduwe no kubivuga bamuteze amatwi, bagafatanyiriza hamwe kugera ku bisubizo byabyo, bisaba gushaka umuganga w’inzobere mu by’indwara z’imitekerereze akabimufashamo.

Birakomeza, …

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

 

IBYIFASHISHIJWE

Igitabo cya Bible Society of Rwanda “GUKIZA IBIKOMERE BY’IHUNGABANA”, 2012

 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist