HEALTH

ZIMWE MU NZIRA ZO GUKIRA IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu nkuru iheruka twabonye ko imwe mu nzira zo gukira igikomere cyo ku mutima ari ugusohora agahinda kacu, tukabwira uwo twizeye ko aduteze amatwi. Indi nzira ni ugukora icyunamo duciye mu nzira ikwiye.

Icyunamo ni iki?

Icyunamo ni igihe cyo kuririra uwawe cg abawe wabuze, ibyawe watakaje, ibihe bikomeye urimo cg se wanyuzemo. Kubura umuntu, abantu, ibintu bike cg byinshi, guca mu bikomeye ibyo ari byo byose, bitugiraho ingaruka kandi bikadutera agahinda.

Iyo abantu babuze ababo cg se ibintu byari bibafitiye akamaro cyane, bashobora gutakaza agaciro k’ubumuntu. Mu gihe cy’icyunamo imiterere isanzwe y’ubumuntu irahinduka, noneho akamenyera imishya ariko ibi bisaba igihe. Icyunamo ni kimwe mu bintu bisanzwe kidufasha gutuza, nyuma y’uko hari icyabuze cg se hari icyabaye.

Ku bemera Imana, igihe bababaye bararira, ariko ntibiheba nk’uko abatayizi babikora. 1Abatesaloniki 4:13 “Bavandimwe, twifuza ko mutayoberwa ibyerekeye abamaze gupfa, kugira ngo mudashavura nk’abandi badafite icyo biringiye”. Bari mu kababaro ariko ntibagira ubwoba ngo bihebe burundu.

Twakwifata dute iyo hari icyaduhungabanyije?

Icyunamo kimara igihe kandi gitwara imbaraga. Ni nk’inzira ndende inyura mu midugudu myinshi. Iyo nzira twavuga ko ica aha hakurikira:

IKIDUHUNGABANYA (INTANGIRIRO) → GUHAKANA IBYABAYE N’UBURAKARI BWINSHI (UMUDUGUDU WA 1) → NTA BYIRINGIRO (UMUDUGUDU WA 2) → GUTANGIRA UBUZIMA BUSHYA NYUMA Y’IBYABAYE (UMUDUGUDU WA 3)

A.   Umudugudu wa 1 = Guhakana ibyabaye n’uburakari

Iyo hari ikibaye kiduhungabanya, umuntu yumva bimurenze, akumva atazi na gato ibiri kumubaho. Mu by’ukuri ntashobora kumva no kwemera ko uwo muntu yapfuye, ntabwo yemera ko ibyo ari kureba ari byo nta n’ubwo yumva ko ibyo yumvise n’amatwi ye ari byo. Rimwe na rimwe umuntu ahita arira ako kanya cg se agahita arakara. Ashobora kurakarira Imana cg se akarakarira uwapfuye kuko uba wumva yagutereranye. Utekereza byinshi muri wowe. Urugero uti: “iyaba narakoze iki cg kiriya ntabwo aba apfuye. Iyo ngira gutya ibi ntibiba bimbayeho. Iyo ntamwizera ntaba ampemukiye, ntibiba bigenze gutya. Iyo numva inama nagiriwe simba mpuye n’ibi bibazo, iyo mbitekerezaho simba narabikoze, …”

Wibaza kandi ibibazo byinshi uti: “kuki ari njye bibayeho? Kuki bitagenze gutya cg se kuriya?...

Habaho kandi gushaka nyirabayazana kugira ngo abe ari we ushinjwa ibyabaye. Ugashaka uwo ushinja urupfu rw’uwo wabuze ndetse ukaba wagambirira no kwihorera, ukavuga uti iyo agira gutya ntabwo aba yapfuye, ugashaka uwo uvuga ko yabaye imbarutso yo kugira ngo ibyawe bigende nabi gutyo, uwo ushinja ko ari we wabaye intandaro y’ibibazo ufite uyu munsi.

Niba ari umuntu wabuze, rimwe na rimwe ntiwemera ko yapfuye koko, utekereza ko yaba akiriho wenda ko ari ibyo uri kurota. Hari n’ubwo uryama ukarota umubona ndetse mukanavugana. Ibyo bintu byaguhungabanyije hari ubwo utekereza ko ahari, waba usinziriye ukaba uri kubirota wenda nukanguka uri busange atari byo. Ibi bishobora kuba kuri buri wese, ntabwo ari ubupagani nk’uko bivugwa, nta n’ubwo bifitanye isano n’imyuka mibi cg abadayimoni.

Iki gihe gishobora kumara ukwezi kumwe cg se amezi menshi nyuma y’icyaguhungabanyije. Ku wabuze uwe, amarira n’imihango yo gusoza icyunamo kimwe no gushyingura ni ngombwa ku gukira k’umuntu. Ku wagize irindi hungabana iryo ari ryo ryose, amarira n’ikindi cyose yakora kitari ukwihorera kubera akababaro yagize, ni ngombwa kugira ngo ashobore gukira.

B.   Umudugudu wa 2 = Kutagira ibyiringiro

Kuva mu mudugudu wa mbere kugera muri uyu utagira ibyiringiro, umuntu aba agifite agahinda kandi nta munezero na mba. Usanga adashobora gukora gahunda yo gukomeza imibereho isanzwe. Akomeza kwifuza kugaruka ku byabaye, ashobora kumva ari mu bwigunge, yaratereranywe ndetse akanatekereza kwiyahura. Hari ubwo yumva ko afite icyaha akumva ari nyirabayazana w’ibyabaye. Niba ari umuntu wapfuye akumva ko ari we watumye apfa n’ubwo nta mpamvu n’imwe igaragaza ko ari we wabiteye. Imyifatire yagaragaye mu mudugudu wa mbere ishobora kongera kuboneka muri uyu mudugudu wa kabiri. Akenshi abantu baguma muri uyu mudugudu utagira ibyiringiro igihe cy’amezi 6 kugeza kuri 15. Bishobora no kurenga kubera impamvu zinyuranye.

C.   Umudugudu wa 3 = Gutangira ubuzima bushya

Umudugudu wa 3 ari wo “gutangira ubuzima bushya”, ababyemeye bakajya mu cyunamo cy’ababo cg cy’ibyabo bashobora kujya mu mudugudu wa 3. Icyo gihe atangira gutekereza kubaka ubuzima bushya. Ashobora kwemera gusohoka mu rugo, guhura n’inshuti kugira ngo aruhuke. Niba ari umugore wabuze umugabo cg umugabo wabuze umugore ashobora kugira igitekerezo cyo gushaka. Niba ari umwana yabuze akumva arashaka kubyara. Niba ari ibintu yabuze agatangira gutekereza uko yashaka ibindi. Mbese umuntu atangira gushaka uburyo yakomeza ubuzima nyuma y’ibyabaye, aho kugira ngo abe ari byo agumamo.  Aha usanga usanga umuntu yarahinduwe n’ibyabaye atakimeze nk’uko mbere wari umuzi. Iyo icyunamo kirangiye neza, usanga umuntu ukivuyemo afite imbaraga ndetse ashobora no gufasha abandi.

D.   Inzira ntihora iboneye

Ni ibisanzwe ko mu gihe gito abantu bashobora gusubira mu midugudu bavuyemo. Umuntu ugeze mu mudugudu wa 2 ashobora kumva afite uburakari mu minsi mike, hanyuma agatuza. Rimwe na rimwe abantu batangirira mu mudugudu wa 2, hanyuma bakajya mu wa 1. Hari ubwo uba warageze mu mudugudu wa 3 ariko hakabaho impamvu ituma wongera gusubira mu mudugudu wa 1 cg uwa 2. Ibi bishobora kumara igihe gito cg kinini. Ibyo byose ni ibisanzwe gusubira mu mudugudu wavuyemo, buhoro buhoro umuntu agera muri uwo mudugudu wa 3 wo gutangira ubuzima bushya. Ikintu kidasanzwe ni ukuguma igihe kirekire mu mudugudu wa 1 cg uwa 2. Iyo utinze muri iyo midugudu uba ukeneye ubufasha budasanzwe (bw’ababizobereyemo) kugira ngo ushobore gusubira mu buzima busanzwe.

ICYITONDERWA:

Kuva ku ntangiriro ari ryo, icyateye ihungabana, ugahita wambuka ukomereza mu buzima bushyashya, uba unyuze mu nzira itari yo, ntabwo ikuganisha ku gukira. Kugira ngo ushobore gukira neza ugomba guca muri iyo midugudu yose ukagera aho wumva ugomba gutangira ubuzima bushyashya.

Bimwe mu bituma icyunamo gikomera

Bimwe mu bituma icyunamo gikomera biterwa n’uburyo umuntu cg ikintu byabuzemo, bikanaterwa n’imyizerere y’abantu ku byerekeranye n’icyunamo.

A)  Bimwe mu bituma icyunamo gikomera harimo ibi bikurikira:

-        Kubura abantu benshi icyarimwe

-        Kubura ibintu byinshi icyarimwe

-        Ibintu bitunguranye utari witeze

-        Ibintu byakoranywe agashinyaguro

-        Kubura umuntu wawe wapfuye ngo umushyingure

-        Urupfu rw’umuntu wari ufatiye runini umuryango

-        Iyo wari ufitanye n’ibibazo bitakemutse na nyakwigendera

-        Iyo ari ukwiyahura cg ubwicanyi

-        Iyo ari umwana wapfuye

B) Guca ku kiraro kitari cyo cg mu nzira itari yo

Abakristo bamwe bizera ko, kubera ko bamenye ubutumwa bwiza n’amasezerano y’Imana, byaba bigayitse kugaragaza umubabaro cg agahinda iyo wagize ikintu kiguhungabanya. Ibi nibyo bita “ikiraro kitari cyo”. Ni ikiraro gihita gisimbuka kuva kugira ikibazo gitera ihungabana ugahita  ugera ku gutangira ubuzima bushya, nta guhagarara mu mudugudu wa 1 cg uwa 2. Ubu buryo ntabwo ari bwiza kuko Imana yaturemanye kamere yo kuririra ibyacu twabuze n’ibitugezeho bitubabaza.

Yesu yagaragaje umubabaro ukomeye ku musaraba, igihe yavugaga ati: “Mana yanjye, Mana yanjye ni iki kikundekesheje?” Matayo 27: 46. Ndetse n’igihe Lazaro yari yapfuye yararize (Yohana 11:35)

Guhangana n’ibyatubabaje bisaba ubutwari. Hari igihe dushaka kubihunga, tugashaka ibyo duhugiramo cyane, ngo twihunze umubabaro. Iyo utaririye icyakubabaje, icyo (uwo) watakaje igihe bikiri vuba, igisebe cyo kwirabura ntikigera gikira ahubwo gitera ibibazo igihe kirekire.

Imana ireba amarira yacu, kandi afite agaciro imbere yayo (Yesaya (Izayi) 38: 3-5)

Hari imico yemerera (itegeka abantu) kuririra mu ruhame. Hari n’indi itemerera abantu kurira, cyane cyane ku bagabo, kubera iyo mpamvu abantu bagaheranwa n’akababaro aho kukagaragaza.

Abantu ntibagomba gupfukirana amarira yabo cg se ngo barire kugira ngo abantu bababone. Bagomba gukora uko bishoboka bakareka amarira yabo agasohoka uko bisanzwe nta nkomyi. Rimwe na rimwe agahinda kaza mu buryo butari bwitezwe, ndetse bishobora no kuza nyuma y’amezi menshi umuntu ahuye n’ikimuhungabanya.

Birakomeza, …

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

IBYIFASHISHIJWE

Igitabo cya Bible Society of Rwanda “GUKIZA IBIKOMERE BY’IHUNGABANA”, 2012  

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist