SOCIAL

AMAKIMBIRANE NI IKI?

Amakimbirane avugwa igihe hari ubwumvikane buke hagati y’abantu ubwabo cg se hagati y’amatsinda bitewe n’uko bafite imyumvire inyuranye ku kintu runaka cg se iyo inyungu zabo zinyuranye kuri icyo kintu. Uko kutumvikana bishobora kuba impamvu y’umwuka utari mwiza hagati yabo, umujinya, rimwe na rimwe hakazamo n’ubugizi bwa nabi bitewe n’intera ayo makimbirane ariho.

Abanditsi banyuranye berekana ko hari ibisobanuro byinshi bivuga amakimbirane ndetse ugasanga bisa naho bitandukanye, ibiyatera n’uburyo bwo kuyakemura. Ariko bose icyo bahuriraho ni uko mu buzima bwacu bwose tubamo, amakimbirane asa nk’aho ari kimwe mu bigize ubuzima bwacu ndetse ugasanga kuba aho atajya agaragara bisa n’aho bidashoboka. Gusa ayo makimbirane iyo adacunzwe neza ngo akemurwe hakiri kare kandi mu buryo bukwiye, ashobora gukura akaba mabi kurushaho kandi akagira ingaruka zitari nziza  cg agatuma hakorwa ibikorwa biteye ubwoba, bitigeze bitekerezwa.

Amakimbirane kandi agira ingaruka zinyuranye, haba ku muntu ku giti cye, harimo kwitakariza icyizere, kutagira umusaruro mu byo akora, kugira ibibazo by’ubuzima n’ibindi,…

Ku bantu bakorera hamwe mu kigo runaka, hagati y’amatsinda aya n’aya aherereye ahantu aha n’aha bigira ingaruka ku musaruro batanga, kuko umwanya munini bawukoresha muri ayo makimbirane aho gukora ibitanga umusaruro, kandi isura y’ikigo bakorera cg y’itsinda ryabo ikaba mbi hanze yabo, ni ukuvuga ku bandi.

Ni ngombwa gushyiraho hakiri kare uburyo bwo gukemura amakimbirane, urema umwuka mwiza w’imibanire hagati yawe n’abo muri kumwe, ndetse ugashyiraho hakiri kare uburyo bwo gukemura amakimbirane ataravuka.

UBWOKO BW’AMAKIMBIRANE

Amakimbirane agira ubwoko bwinshi, ariko twe turavuga kuri ubu bukurikira:

1.    Amakimbirane yubaka

Bavuga ko amakimbirane yubaka, iyo muri yo abantu bakuyemo ubumenyi butuma birinda amakimbirane yandi ashobora kuvuka. Ibyo bituma bagira imikoranire myiza kuko bashyira imbere inyungu z’itsinda aho kugira ngo habanze izabo bwite,  bashyiraho uburyo bwiza bwo kwigenzura ari naho haturuka ibitekerezo byubaka,…

2.    Amakimbirane asenya

Bavuga ko amakimbirane asenya iyo agamije guhangana hagati y’abayafitanye, kugira ngo buri wese ashobore kugaragaza nabi uwo bahanganye cg kumutesha agaciro ku buryo asigara ntacyo ashoboye.

3.    Ubwumvikane buke

Ubwumvikane buke ni amwe mu makimbirane akunze kubaho cyane, ariko kandi niyo makimbirane kenshi yoroha gukemura kurusha ayandi. Ubwumvikane buke aho butandukaniye n’andi makimbirane asanzwe, si ngombwa buri gihe ko buba buri ku mpande zombi zihanganye. Hari ubwo umwe ayagira undi atabizi cg se uruhande rumwe rukayagira urundi rutabizi, kuko hari igihe usanga igikorwa cyakozwe cyahawe igisobanuro gitandukanye n’icyo uwagikoze yari agamije. Uko kutumvikana hari ubwo biba biri  kandi ku mpande zombi.

Ubwumvikane buke akenshi buturuka mu kudasobanukirwa, maze umuntu agasobanurisha igikorwa cya mugenzi we, ibyo atekereza muri we, akenshi biba bitandukanye n’ukuri kw’icyo uwagikoze yari agamije. Ubwumvikane buke buturuka ku kutagira amakuru ahagije kandi y’ukuri, maze ugahimba ayawe ukurikije ibyo ureba, ibyo utekereza, cyane cyane ibyo utinya cg wikeka.

Isoko y’amakimbirane ishingira ahanini ku kudategura neza ibyo ugiye gukora ngo ugire intego nziza, kudakurikirana ibyo ukora, amakimbirane kandi ashobora guturuka ku mitekerereze no ku miterere y’umuntu.

Imyitwarire abantu bakunze kugira mu makimbirane

1.     kutamenya ko hari amakimbirane  cg se kumera nk’aho ntabyo uzi (kuyihunza)

2.    Guhakana ko nta makimbirane ahari (kuyahakana)

3.    Gushaka ko hari abantu bajya ku ruhande rwawe werekana ko ari wowe mwiza (uri mu kuri) cg se gushinja abandi amakosa (gukoresha)

4.    Kudakoresha ingufu n’amahane (kuganira no kumvikana ku bibazo)

5.    Kumenyera uko ibintu bimeze (kwemera kubana nayo)

6.    Gukoresha ububasha ufite ugakora ibikorwa by’urugomo (gukoresha imbaraga)

7.    Guhunga amakimbirane ukajya kure yayo (kuyahunga)

Bumwe mu buryo bwagufasha kurenga amakimbirane

Uburyo bwo gukemura amakimbirane ni bwinshi kandi buratandukanye. Amahitamo akorwa hakurikijwe urwego (intera)amakimbirane ariho, n’ubushake bwo kuyakemura hagati y’abayafitanye.

1.    kwitabaza ubakuriye mu rwego rw’imiyoborere, akabikemura akoresheje ububasha afite akarangiza ayo makimbirane

2.    gushaka umuhuza impande zombi zemeranyaho, akabafasha kumvikana mu makimbirane bafitanye, aha bisaba ko amakimbirane aba atageze kure ,kuko abayafitanye baba bashobora kwemera kumvikana ku muhuza wabo ubafasha kugera ku bwiyunge. Umuhuza ashobora kuza agafasha abafitanye ibibazo gusobanukirwa uko bakwiye kubana neza cg se akaza ari ukugira ngo abe hagati yabo gusa, bo basanzwe bafite ubushake bwo kwiyunga.

3.    Kwirinda amakimbirane atarabaho: guhugura abantu ku birebana n’imibanire y’abantu, n’amakimbirane ashobora kuvuka, ibyo bigatuma bagira amakuru ku makimbirane n’uburyo bwo kuyirinda.

4.    Gushyiraho uburyo bwo kwakira ibitekerezo by’abo muri kumwe cg mukorana kugira ngo umenye uko babibona cg babyumva kandi ukabiha agaciro.

Ibyifashishijwe

https://creg.ac-versailles.fr/IMG/pdf/la_gestion_des_conflits_dans_les_organisations.pdf

https://fr.wikipedia.org/wiki/Conflit_(sciences_sociales)

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist