HEALTH

EPR MURI GAHUNDA YO GUKUMIRA INDA ZITERWA ABANGAVU


Mu gihugu cyacu hakunze kumvikana ikibazo cy’abana b’abangavu baterwa inda imburagihe. Ibyo bigatera ibibazo bitandukanye haba kuri bo ubwabo, ku miryango yabo, ku itorero ndetse no ku gihugu.

Ubushakashatsi bwerekana ko zimwe mu mpamvu zituma abo bana baterwa inda harimo kutagira amakuru ahagije kandi y’ukuri ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kutagira uruhare kw’abahungu ndetse n’abagabo mu ikumirwa ry’inda zitateganyijwe, bishingiye kandi ku kudatozwa bakiri bato imyitwarire iboneye ya kigabo idahutaza.

Nyuma yo kubona ko icyo kibazo cyugarije umuryango nyarwanda, Itorero Peresibiteriyene mu Rwanda (EPR), binyuze mu ishami ry’ubuzima  mu mushinga uterwa inkunga n’umuryango w’iterambere w’amatorero y’Aba Protestanti bo mu Budage (Pain pour le Monde-Service Protestant de Développement)   ryiyemeje gutanga umusanzu waryo mu gukumira inda ziterwa abangavu ryigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere n’uburere mbonerabitsina, ruherereye muri paruwase zagaragaje imibare iri hejuru y’abangavu batwara inda imburagihe.

Uyu mushinga ukorera muri paruwase 20 za EPR, no mu bigo 10 by’amashuri yisumbuye ya EPR. Wibanda ku rubyiruko rufite hagati y’imyaka 12-24 rwo muri izo paruwase.

Imibare y’ubushakashatsi yagaragajwe muri paruwase 10, yerekanye ko mu bakobwa 1,100 bari muri izo paruwase, 220 babyariye iwabo, bihwanye na 20% by’abazigize.

Muri gahunda yo gushyira mu bikorwa intego z’uyu mushinga, urubyiruko rw’abakobwa babyaye imburagihe bo muri paruwase ya EPR Nyarubuye bahuguwe mu gihe cy’amezi atandatu mu myuga inyuranye harimo ubudozi no gutunganya imisatsi.

Ni muri urwo rwego, taliki ya 11 Gicurasi 2025 habaye igikorwa cyo gushyikiriza abahuguwe 16 impamyabushobozi (certificats) n’ibikoresho bimwe na bimwe bizabafasha gukora imyuga bahuguwemo.


Mu ijambo rya Jean Claude HAKIZIMANA ukora mu ishami ry’ubuzima rya EPR, yavuze ko icyo gikorwa cyateguwe mu rwego rwo gushima Imana, no kwibutsa  buri wese ko afite inshingano zo gukumira inda ziterwa abangavu. Yasobanuye ko gufasha ababyaye bakiri abangavu kwiga imyuga bigamije kubafasha gusubira mu buzima busanzwe. Zimwe mu mpamvu zitera abangavu kubyara imburagihe nk’uko yabigarutseho harimo:

-        Ubumenyi buke ku buzima  bw’imyororokere mu rubyiruko kuko akenshi amakuru bafite usanga atari ay’ukuri

-        Ubukene mu miryango

-        Ihohotera rishingiye ku gitsina

Yibukije abari aho ko ubuzima bw’uyu munsi bushingiye ku ifaranga, bityo bikaba byoroshye ko umwana ufite ubukene yakwemera amafaranga y’umushuka, akamusambanya, bikamuviramo gutwara inda imburagihe. Iyo ni yo mpamvu bigisha urubyiruko imyuga ibafasha kwiteza imbere, bakabona amafaranga yo kwikenura no kwikemurira ibibazo.

Yavuze kandi ko ihohotera rishingiye ku gitsina na ryo riri mu byongera inda zitateguwe, akaba ari yo mpamvu uyu mushinga utarebye ku ruhande rw’abakobwa gusa, ahubwo wiyemeje no kwigisha abahungu kubaha igitsina gore, kugira imyitwarire ndangagitsina iboneye, bakirinda kubahohotera.

Yababwiye ko amakimbirane yo mu muryango ari indi mpamvu itera abana gutwara inda zitateguwe kubera ko ababyeyi bahora mu gukimbirana, abana bakabura ubitaho.

Ikindi yakomojeho ni ikijyanye n’imbuga nkoranyambaga, zitanga amakuru yose akenewe n’adakenewe ku bana no ku rubyiruko, bigatuma bishora byangiza ubuzima bwabo bakiri bato.

Paruwase ya EPR Nyarubuye ikaba ari iya 9 mu zikorana n’umushinga, bari bagezemo batanga  izo mpamyabushobozi, akaba yarazitanze mu izina rya Perezida wa EPR.


Abashinzwe ubuzima muri EPR, umuyobozi wa paruwase Nyarubuye, abahuguwe n,ababahuguye

Abize bose bari 18, ariko abashoboye gusoza amahugurwa yabo neza ni 16 bahawe impamyabushobozi, babiri bazazihabwa nabo bayarangije. Yashimiye abasoje ayo mahugurwa, ababwira ko boherejwe ngo binjire mu murimo.

Mu kiganiro twagiranye na bamwe mu babyeyi b’abo bana, bavuze ko bishimira uwo mushinga waje ugamije gufasha abana babo. Bavuze ko paruwase ibahitamo ihereye ku bafite amikoro make kurusha abandi. Ku mpamvu itera abana guterwa inda bakiri bato, bose bahurije ku kuvuga ko biterwa n’ubumenyi buke n’amikoro make. Abandi bavuze ko biterwa n’uburangare. Ababyeyi bavuze ko kuva abana babo batangira amahugurwa mu myuga babonye impinduka kuko nk’abadoda batangiye kumenya kudodera abana babo ndetse n’abo babana mu rugo. Abandi batangiye kudoda bakagurisha, bakabona amafaranga. Bavuze ko ababyeyi bakwiye kugira uruhare mu burere bw’abana, bababa hafi kandi babaganiriza bakabagira inama zo kwirinda ababashuka. Basoje bashimira itorero ryabatekereje rigafasha abana babo.

Bamwe mu bahuguwe twaganiriye, bavuze ko muri uyu mushinga bungukiyemo byinshi, kuko bagize amakuru ahagije ku buzima bw’imyororokere, bize imyuga ibafasha kwibonera bimwe mu byo bakeneye, abandi ngo watumye bigarurira icyizere.

Batubwiye ko impamvu zituma abangavu batwara inda, ari uko nta makuru ahagije kandi y’ukuri baba bafite, ubukene butuma bashukishwa ibyo badafite, ibigare bibi (agakungu) n’amakimbirane yo mu muryango. Basabye ko ababyeyi barushaho kwegera abana mu rwego rwo kubafasha kwirinda guterwa izo nda zitateguwe, bavuga kandi ko hakwiye gukorwa ubukangurambaga buruseho.



Umuyobozi wa paruwase EPR Nyarubuye, Pasteur Gad BIREGEYA, mu kiganiro twagiranye, yatubwiye ko uyu mushinga wakuye abana mu bwigunge, bagaruka mu murimo w’Imana. Ati “Watumye barushaho kubona umumaro w’Itorero ry’Imana mu buzima bwabo kandi wongereye ubufatanye na Leta mu kurwanya inda zitategenyijwe. Yunzemo ko, uwo mushinga waje ari igisubizo ku rubyiruko kuko ubaha ubumenyi kandi ukabaha n’ubushobozi bwo kwiteza imbere.

Yavuze ko mu rwego gukumira inda mu bana b’abakobwa, bazakomeza ubukangurambaga ndetse bari gutegura igiterane mu kwezi kwa 7 k’uyu mwaka wa 2025 cyo kubohoka.

Mu gusoza uwo muhango abahuguwe bahawe ibikoresho bizabafasha gukomeza gushyira mu bikorwa ibyo bahuguwemo, kugira ngo barusheho kwiteza imbere.

 

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

Ibyifashishijwe

https://www.scribd.com/presentation/824617931/Presentation-projet-ESMPA-phase-2

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist