HEALTH

IBIMENYETSO BYAKWEREKA KO UFITE UMWUMA N’UBURYO WIRINDWA


Abantu benshi bakunze kugira umwuma ariko ntibabimenye kuko bamwe batazi umwuma icyo ari cyo, abandi bakagira ngo umwuma ugirwa n’abarwaye gusa.

UMWUMA NI IKI?

Umwuma ni igihe imbere mu mubiri w’umuntu habuze amazi n’imyunyu ngugu bikenewe. Amazi ni ingenzi cyane mu mubiri w’umuntu kuko niyo atuma umubiri ushobora gukora neza. Bavuga ko umubiri w’umuntu mukuru 60% bigizwe n’amazi, bityo kubura amazi muri wo bigatuma unanirwa byihuse  gukomeza  gukora neza.

Umwuma kandi bavuga ko ari igihe umubiri utakaza amazi menshi kuruta ayo winjiza.

AKAMARO K’AMAZI KU BUZIMA N’INGANO IKENERWA?

Amazi ni cyo kintu cy'ibanze kigize umubiri wacu, kandi agira uruhare mu mikorere y'ibice bitandukanye by'umubiri. Amazi  atwara intungamubiri ziva mu biribwa dufata zigana mu turemangingo, akura imyanda mu mubiri, atuma mu ngingo hakora neza, atuma ubushyuhe bw’umubiri buringanira, …

Ibyo byose birerekana ko umuntu utakaza amazi menshi kuruta ayo yinjiza byamugiraho ingaruka zikomeye mu bice byose by’umubiri.

Ikigero cy’amazi  akenewe mu mubiri n’iyo cyajya munsi ho gato, bizana impinduka mu mubiri zirimo: kurwara umutwe, umunaniro, constipation (impatwe), kumva utuntu tukuryaryata, kumagara k’uruhu, bishobora no kugira ingaruka ku bitotsi.   

Kugira ngo umubiri ushobore gukora neza, umuntu akenera amazi ari hagati ya litiro 2 kugeza kuri 3 ku munsi. Litiro 1.5 - 2 litiro zigomba kunyobwa nk’amazi (ni ukuvuga nk’ibirahure 6 - 8 by’amazi), mu gihe andi aturuka mu biribwa dufata.

Iyo ngano y’amazi itandukana bitewe n’imyaka y’umuntu, ingano y’umubiri n’ubuzima umuntu afite.

Mu busanzwe umubiri wacu usohora amazi iyo duhumeka, iyo dututubikana, iyo twihagarika,… umubiri kandi usohora amazi mu gihe cy’uburwayi dufite umuriro, impiswi, kuruka, indwara nka diyabete,…

IBIMENYETSO BIKWEREKA KO UFITE UMWUMA

Umwuma uringaniye:

·        Kugira inyota ni kimwe mu bimenyetso bigaragara cyane  ku muntu ufite ikibazo cy’umwuma.

  • Umunwa wumagaye
  • Kwihagarika inkari nke cg inshuro nke ku munsi
  • Kubabara umutwe
  • Guhindura ibara kw’inkari kandi zifite impumuro mbi
  • Kubura imbaraga

Umwuma ukomeye:

  • Inyota nyinshi bikabije
  • Uruhu rwumagaye
  • Amaso aguyemo
  • Inkari nke bikabije
  • Ururimi rwumagaye cg se rufata mu kanwa
  • Gutakaza ubwenge
  • Umuvuduko w’amaraso uri hasi (muke)
  • Ku bana bato umwuma ugaragazwa no gucika intege, umutima utera cyane, guhumeka vuba vuba, kugwamo kw’amaso, kutihagarika cg akihagarika inshuro nke cyane,...

UMWUMA UTERWA N’INZOGA

Abantu  benshi iyo banyweye inzoga akenshi babyuka bafite umwuma. Inzoga n’ikawa bituma umusemburo witwa ADH (umusemburo ubuza amazi gusohoka). Uwo musemburo niwo utuma impyiko zifata amazi.  Iyo wanyweye inzoga n’ikawa  byinshi  bituma impyiko zisohora amazi menshi kurusha uko bisanzwe.

Bavuga ko abanywi b’inzoga bakwiye kunywa amazi mbere yo kuzinywa, mu gihe bazinywa na nyuma yo kuzinywa.      

UKO WARWANYA UMWUMA

Mu gihe hari ubushyuhe bwinshi  umubiri wacu urushaho gutakaza amazi binyuze mu byuya kugira ngo ushobore kugumana ubushyuhe ku rugero rukwiye. Ayo mazi atakara iyo adasubijwemo nibwo ugira ingaruka zo kugira umwuma n’ubushyuhe bukaba bwakwiyongera cyane cyane ku bana, ku bantu bakuze no kubafite uburwayi budakira.

Icyakorwa ni:

·       kunywa amazi ku buryo buhoraho. Ibyiza ni ukunywa make make umunsi wose

·       kunywa amazi afutse udategereje kumagara iminwa cg kugira isereri.

·       Gufata ibiribwa birimo amazi menshi birimo: imbuto, salade, concombre, pastèque (water melon)

·       Kujya ahantu hadashyushye cyane ukingura amadirishya ngo hinjiremo umwuka

·       Kugabanya ibyo ukoresha ingufu nyinshi mu masaha y’ubushyuhe bwinshi (hagati ya saa sita kugaza saa kumi z’umugoroba)

 

 

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

Ibyifashishijwe

Déshydratation : définition, symptômes et traitements | ELSAN

https://www.livi.fr/en-bonne-sante/deshydratation/

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist