SOCIAL

ITORERO RYA EPR RIRAJWE ISHINGA N’INDA ZITERWA ABANGAVU

Mu Kinyarwanda baravuga ngo “Aho kwica gitera wakwica ikibimutera”. Uwo mugani bawuca bashaka kuvuga ko, aho kureba ikibazo uko kigaragara ahubwo ukwiye kureba aho gituruka kugira ngo ushobore kugikemura neza.

Itorero perisibiteriyene mu Rwanda (EPR) ryasobanukiwe neza uwo mugani, nk’uko biri mu ntego zaryo zo kugira umuntu wuzuye mu buryo bwose. EPR imaze kubona ikibazo cy’abana b’abangavu baterwa inda imburagihe, ntabwo yahisemo kubatera amabuye kuko barenga ku mategeko y’Imana cg ngo ibafashe gusa kuko bahuye n’ikibazo cyo guterwa inda bakiri bato, ahubwo yafashe iya mbere mu gushakisha impamvu abo bana babyara bakiri bato.

Zimwe mu mpamvu babonye, harimo ikibazo cy’ubumenyi buke bw’urubyiruko ku makuru ajyanye n’ubuzima bw’imyororokere ndetse no gukoresha nabi amakuru bafite , kutagira uruhare kw’abasore n’abagabo mu ikumirwa ry’inda zitateganyijwe kuko badatozwa bakiri bato imyitwarire iboneye idahutaza ya kigabo, ubukene bw’imiryango butuma abangavu bashukishwa ibyo badafite, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, …

Nyuma yo kwegeranya izo mpamvu zose bahisemo gushakira igisubizo aho ikibazo gituruka, bashyiraho umushinga ESMPA (Education des jeunes à une Sexualité responsable et Promotion d’une Masculinité Positive) ugamije kwigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere kugira ngo bakemure ikibazo cy’ubumenyi buke, kandi bakigisha abasore kugira imyitwarire ya kigabo ariko idahutaza, bakamenya ko bakwiye kwita ku bari n’abategarugori birinda icyababangamira no kubahohotera. Mu ntego z’uwo mushinga kandi harimo gufasha urubyiruko kwikorera amatsinda yo kubitsa no kugurizanya kugira ngo bahereho biteza imbere, gufasha urubyiruko rw’abakobwa babyaye imburagihe kwiga imyuga ibafasha kwiteza imbere bakabona uko barera abana babo, ibyo byose bikaba byari mu rwego rwo kubafasha kurwanya ubukene.

Uwo mushinga wakoze ibikorwa binyuranye mu gihe cy’imyaka itandatu (6) uhereye mu mwaka wa 2019-2025.


Guhera taliki ya 25-27/8/2025 habaye inama yateguwe n’abakora mu ishami ry’ubuzima muri EPR yahuje abafatanyabikorwa b’umushinga ari bo: abayobozi ba paruwase zitandukanye, abayobozi b’ibigo by’amashuri, abarimu n’abakangurambaga b’urubyiruko bose bakoranye. Iyo nama yakozwe mu rwego rwo gusoza icyiciro cya 2 cyatangiye mu mwaka wa 2022-2025, ndetse no gushimira abo bakoranye bose.

Intego yayo yari “TEENAGE PREGNANCY, MY CONCERN” ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga

“URUHARE RWANJYE MU GUKUMIRA INDA ZITERWA ABANGAVU” 

Abari muri iyo nama bakoze ibikorwa binyuranye birimo gusenga no kumva ijambo ry’Imana bagezwagaho n’abashumba banyuranye.

Bwana HABIMANA Damascène umuyobozi w’ishami ry’ubuzima yavuze wakoreye mu bigo 10 by’amashuri yisumbuye bya EPR bigisha urubyiruko rwo mu madini n’amatorero anyuranye ruri hagati y’imya 12-22, bakoreye kandi muri paruwase 20 za EPR bakorana n’urubyiruko ruri hagati y’imyaka 14-25 hamwe n’abakobwa babyariye iwabo.

“URUKUNDO INITIATIVE” umwe mu bafatanyabikorwa b’umushinga mu bijyanye no kwigisha ubuzima bw’imyororokere, basobanuriye abari aho umukino witwa “URUKUNDO GAME” wigisha ubuzima bw’imyororokere usubiza ibibazo abenshi bibaza, kandi ukongera urukundo n’ubusabane hagati y’abawukina.

Mu matsinda niho abafatanyabikorwa batangiye ishusho rusange y’ibyagezweho n’umushinga.

Inzobere zinyuranye zatanze ibiganiro birimo ibivuga kuri politiki n’ibikorwa bya Leta mu gukumira inda ziterwa abangavu ndetse no ku buzima bwo mu mutwe.

Gutembera no kureba ibyiza by’u Rwanda nabyo ntibyibagiranye.

Abari bahagarariye abandi bahurije ku gushimira itorero ryatekereje uwo mushinga, kuko wafashije urubyiruko n’ababyeyi, babasezeranya ko ibikorwa bitazahagarara.

Abaganiriye na CBN bavuze ko uyu mushinga wazanye impinduka zigaragara mu rubyiruko kuko hari n’abana bataganira n’ababyeyi babo.

Bahamya badashidikanya ko habayeho gukumira inda ziterwa abangavu mu biganiro no mu bikorwa bakoze, kuko biboneye impinduka.

Ev. Ntakirutimana Vincent umuyobozi muri Paruwase ya Gicaca (Presbytery ya Kigali) mu karere ka Bugesera yishimira ko urubyiruko rwagize amakuru y’ingenzi arebana n’ubuzima bw’imyororokere kandi avuga ko kwigisha imyuga abakobwa babyariye iwabo, byoroheje  inshingano z’ababyeyi ku bana n’abuzukuru babo.


Pasteur MUNYESHYAKA Samuel, uyobora paruwase ya Rubona iherereye mu karere ka Karongi, avuga ko umwihariko w’ibiganiro ku buzima bw’imyororokere bitangwa n’Itorero rya EPR, ari uko bo babashishikariza cyane kwirinda kurimo kwifata, kuko urubyiruko rukwiye kwirinda icyaha mbere ya byose. Yasabye ababyeyi ubufatanye mu burere bw’abana.

                                                            HABIMANA Damascene umuyobozi w’ishami ry’ubuzima muri EPR,

yishimira ibyagezweho kuko bashoboye kwigisha (gutanga ubumenyi ku buzima bw’imyororokere) urubyiruko ruyingayinga ibihumbi cumin a bibiri (12,000).

Binyuze mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya bafashije urubyiruko kwishakamo ubushobozi bwo kwiteza imbere. Abakobwa 331 babyaye imburagihe bahawe amahugurwa ndetse n’ibikoresho by’ibanze kugira ngo biteze imbere. Biteganyijwe ko uyu mushinga uzagira icyiciro cyawo cya 3 uzakorera mu tundi duce dushyashya kuko byagaragaye ko watanze umusaruro


                                        Umuyobozi wungirije w’Itorero rya EPR  Rev. Julie KANDEMA

Mu ijambo rye rishimira, yanagarutse ku kibazo cy’abana baterwa inda, avuga ko Itorero ryakigize icyaryo riragihagurukira. Yagaragaje ko gutakaza indangagaciro za gikiristo byabaye intandaro ya byose. Yakomeje ashimira umuryango wa “PAIN POUR LE MONDE” utera inkunga uwo mushinga. Yaragize ati “Gusoza iki cyiciro bikwiye kuba umwanya wo kureba ibyagezweho kandi ibyakorwaga ntibizime”.


Inama yasojwe hashyikirizwa ibyemezo by’ishimwe (certificats) ku bafatanyabikorwa b’umushinga.

Umwanditsi NAHAYO Pelagie

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist