ITORERO RYA EPR RIRAJWE ISHINGA N’INDA ZITERWA ABANGAVU
Mu Kinyarwanda
baravuga ngo “Aho kwica gitera wakwica ikibimutera”. Uwo mugani bawuca bashaka
kuvuga ko, aho kureba ikibazo uko kigaragara ahubwo ukwiye kureba aho gituruka
kugira ngo ushobore kugikemura neza.
Itorero
perisibiteriyene mu Rwanda (EPR) ryasobanukiwe neza uwo mugani, nk’uko biri mu
ntego zaryo zo kugira umuntu wuzuye mu buryo bwose. EPR imaze kubona ikibazo
cy’abana b’abangavu baterwa inda imburagihe, ntabwo yahisemo kubatera amabuye
kuko barenga ku mategeko y’Imana cg ngo ibafashe gusa kuko bahuye n’ikibazo cyo
guterwa inda bakiri bato, ahubwo yafashe iya mbere mu gushakisha impamvu abo
bana babyara bakiri bato.
Zimwe mu mpamvu
babonye, harimo ikibazo cy’ubumenyi buke bw’urubyiruko ku makuru ajyanye
n’ubuzima bw’imyororokere ndetse
no gukoresha nabi amakuru bafite , kutagira uruhare kw’abasore n’abagabo
mu ikumirwa ry’inda zitateganyijwe kuko badatozwa bakiri bato imyitwarire
iboneye idahutaza ya kigabo, ubukene bw’imiryango butuma abangavu bashukishwa
ibyo badafite, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, …
Nyuma yo kwegeranya
izo mpamvu zose bahisemo gushakira igisubizo aho ikibazo gituruka, bashyiraho
umushinga ESMPA (Education des jeunes à une Sexualité responsable et
Promotion d’une Masculinité Positive) ugamije kwigisha urubyiruko ubuzima bw’imyororokere kugira
ngo bakemure ikibazo cy’ubumenyi buke, kandi bakigisha abasore kugira
imyitwarire ya kigabo ariko idahutaza, bakamenya ko bakwiye kwita ku bari
n’abategarugori birinda icyababangamira no kubahohotera. Mu ntego z’uwo
mushinga kandi harimo gufasha urubyiruko kwikorera amatsinda yo kubitsa no
kugurizanya kugira ngo bahereho biteza imbere, gufasha urubyiruko rw’abakobwa
babyaye imburagihe kwiga imyuga ibafasha kwiteza imbere bakabona uko barera
abana babo, ibyo byose bikaba byari mu rwego rwo kubafasha kurwanya ubukene.
Uwo mushinga wakoze ibikorwa binyuranye mu gihe cy’imyaka itandatu (6) uhereye mu mwaka wa 2019-2025.
Guhera taliki ya 25-27/8/2025 habaye inama yateguwe n’abakora mu
ishami ry’ubuzima muri EPR yahuje abafatanyabikorwa b’umushinga ari bo:
abayobozi ba paruwase zitandukanye, abayobozi b’ibigo by’amashuri, abarimu
n’abakangurambaga b’urubyiruko
bose bakoranye. Iyo nama yakozwe mu rwego rwo gusoza icyiciro cya 2
cyatangiye mu mwaka wa 2022-2025, ndetse no gushimira abo bakoranye bose.
Intego yayo yari
“TEENAGE PREGNANCY, MY CONCERN” ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga
“URUHARE RWANJYE MU GUKUMIRA INDA ZITERWA ABANGAVU”