ABATWARAMUCYO BO MU ITORERO RYA EPR MU IVUGABUTUMWA

“Amatabaza yanyu ahore yaka” (Luka 12:35) ni intego yari iyoboye igiterane cy’ivugabutumwa cyateguwe n’urwego rw’abagore bo muri presbytery ya Kigali, rwahuje abatwaramucyo (abagore n’abakobwa) bo muri paruwase (paroisse) zitandukanye zo muri iyo presbytery.
Paruwase ya EPR REMERA-KICUKIRO ni yo yakiriye igiterane
Pasteur MUSABYIMANA Bienvenu, umuyobozi wa Kigali presbytery niwe watangije igiterane
Abashumba bo muri paruwase zitandukanye bitabiriye iryo vugabutumwa
Ijambo ry’Imana ryatanzwe na Pasteur Beata Mukamurenzi
Iryo jambo riboneka muri Luka 12, 35-40, ryakanguriraga abari aho guhora bacanye amatabaza yabo. Yibukije ko ijambo “abatwaramucyo” atari iry’abari n’abategarugori gusa nk’uko bimenyerewe, ahubwo ko rikwiye kuba iry’umukristo wese, yaba umugabo cg umugore. Umucyo ugomba guhora umurika kandi ukamurikira abandi. Yavuze ko hari abajura benshi (barimo ikoranabuhanga, iterambere,…) biba abadafite uwo mucyo, bari kwiba umwanya w’Imana, uw’umuryango, bari kwiba abana, abagabo, abagore, … yasabye abari aho kuba maso nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga, muri Matayo 25, 1-13.
Abakristo bakwiye gutunga umucyo w’ukuri ari we
Yesu.
Abatwaramucyo bahimbaje Imana bayishimira ibyo ikora
Korali zitandukanye zatanze ubutumwa mu
ndirimbo burimo ubukangurira abantu kuba
umucyo, ubuhumuriza, ubwibutsa urukundo rw’Imana, …
Ubutumwa bwo kuba umucyo kandi bwatanzwe no mu muvugo
Umuyobozi w’urwego rw’abagore (abatwaramucyo)
muri Presytery ya Kigali, Gwaneza
Francoise, mu ijambo rye yashimye Imana, ashima abatwaramucyo bitanze
bagakusanya ibiribwa, imyambaro, inkunga y’amafaranga byatanzwe mu bitaro by’Itorero
rya EPR I Remera Rukoma kugira ngo bafashe abarwayi batishoboye. Yashimiye Itorero,
umuyobozi wa Presbytery ya Kigali, abashumba, komite bakorana banatanga ituro
ry’ishimwe.
Igiterane cyasojwe n’ijambo rya Perezida wa
Presbytery no gusabira umugisha abitabiriye.
Umwanditsi NAHAYO
Pelagie