HEALTH

URUHARE RW’ABABYEYI MU GIHE KIGOYE CY’UBUGIMBI N’UBWANGAVU

Igihe cy’ubugimbi n’ubwangavu, si igihe gikomerera abana gusa ahubwo ni igihe gikomerera ababyeyi  kurushaho. Muri icyo gihe nibwo abana benshi batumvikana n’ababyeyi ndetse n’ababyeyi ntibumvikane n’abana. Icyo gihe kigereranywa no kugenda ku kiraro gifite igiti kimwe aho ushobora kugenda neza gahoro gahoro ukambuka cg se wakwibeshya gato ukagwamo kandi kuvamo bikakugora. Nk’umubyeyi, wifuza kurinda umwana wawe ngo atakijyamo, ariko ntabwo bishoboka kuko ni igihe agomba gucamo byanze bikunze akagicamo nabi cyangwa neza bitewe n’ababimufashijemo. Mubyeyi icyo nicyo gihe cyiza cyo kuba hafi umwana wawe kandi ni wowe uri mu mwanya mwiza wo kumufasha kugitambukamo neza kugeza abaye umuntu mukuru uzi kuyobora ubuzima ahakwiye.

Yego kubivuga biroroshye kuruta kubikora, kuko urareba umwana wawe w’umuhungu wakubaganaga cyane avuga amagambo menshi none ubu ni ingimbi, nta kintu na kimwe akubwira. Umwana wawe w’umukobwa wahoraga ashaka ko mujyana ahantu hose, ubu yumva afite isoni z’uwamubona agendana n’ababyeyi be mu nzira. Ibyo ntibigomba kugukura umutima kuko ni igihe abana benshi bashobora kugeramo kandi kigira imyaka kirangiriraho, ahubwo ni igihe ukwiye gushaka inama z’ababifitemo ubumenyi kugira ngo umufashe utamuhutaje kandi nawe udakomeretse. Ushobora gufatanya nawe gusoma ibitabo birimo inyigisho zimusobanurira ibihe arimo n’uburyo bwiza bwo kubyitwaramo.

Igihe cy’ubugimbi n’ubwangavu ni igihe cy’impinduka nyinshi ku mwana haba imbere mu mubiri, inyuma ku mubiri no mu bitekerezo. Umwana aba ashaka kuba we no kugira itsinda ry’inshuti abarizwamo ndetse akagira imyitwarire nk’iyabo. Gusabana nazo bigira uruhare runini mu kwiyubaka no kwigirira icyizere. Nyamara ubwo bucuti hari ubwo buba intandaro y’ibibazo by’ubuzima ku hazaza h’umwana igihe iryo tsinda rifite imyitwarire ibangamiye umuryango. Hari ubwo umwana yisanga mu itsinda ry’abanywa ibiyobyabwenge, abasambanyi, n’ibindi bibi byinshi. Ibyo bikaba intandaro yo kunanirwa kwiga mu ishuri, guterwa cg gutera inda zitateganyijwe, no kugira indi myitwarire yose idahwitse.

Kumva ashaka kumera nk’abandi ni umwe mu mitego abana bagwamo. Bamwe mu barezi bavuga ko abana benshi bagira imyitwarire batahisemo cg se badashaka kubera gutinya ko abandi babigizayo bakabakura mu matsinda yabo. Ibyo akenshi bibatera guhangayika,  bagatakaza umurongo w’ubuzima ndetse bikaba byabatandukanya n’imiryango yabo kugira ngo bemerwe mu matsinda barimo.

Abahanga mu by’imitekerereze no mu burezi bavuga ko ari cyo gihe umwana akwiye kwitabwaho cyane. Ababyeyi bagomba gushaka umwanya wo kubatega amatwi, kuganira nabo kenshi kugira ngo bamenye inshuti zabo n’amarangamutima yabo. Amashuri nayo agomba kubafasha kumenya guhitamo inshuti nziza n’ingaruka bifite ku hazaza habo.

Mukwiye kugira umwanya muganiriramo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere mu muryango.

Ushobora kujya umuha ibibazo bijyanye n’igihe arimo asubiza ku giti cye, akabyandika aho ahisemo kandi ntumushyireho igitutu ngo akwereke ibisubizo. Mukajya inama umufasha gutekereza ku byo arimo, n’ingaruka bifite ku hazaza he.

N’ubwo kugira inshuti ari byiza ariko bishobora no kwangiza ubuzima bw’ejo hazaza bw’ingimbi cg umwangavu.

Kuba maso cyane ku babyeyi, kwigisha no kuganira nizo ntwaro zagufasha kubihindura ibimufasha mu mikurire ye aho kumwangiriza ubuzima.

Mu nkuru zindi tuzarebera hamwe bimwe mu biganiro twagirana n’abana kugira ngo bafate ibyemezo bikwiye mu bugimbi cg mu bwangavu bwabo.

 

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

Ibyifashishijwe

Les jeunes s’interrogent – réponses pratiques, volume 2  

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist