ABATWARAMUCYO BO MU ITORERO RYA EPR MU IVUGABUTUMWA

“Amatabaza yanyu ahore yaka” (Luka 12:35) ni intego yari iyoboye igiterane
cy’ivugabutumwa cyateguwe n’urwego rw’abagore bo muri presbytery ya Kigali,
rwahuje abatwaramucyo (abagore n’abakobwa) bo muri paruwase (paroisse)
zitandukanye zo muri iyo presbytery.
Paruwase ya EPR REMERA-KICUKIRO ni yo yakiriye igiterane
Pasteur MUSABYIMANA
Bienvenu, umuyobozi wa Kigali presbytery niwe watangije igiterane
Abashumba bo
muri paruwase zitandukanye bitabiriye iryo vugabutumwa
Ijambo ry’Imana ryatanzwe na Pasteur Beata Mukamurenzi
Iryo jambo riboneka muri Luka 12, 35-40, ryakanguriraga abari aho guhora
bacanye amatabaza yabo. Yibukije ko ijambo “abatwaramucyo” atari iry’abari
n’abategarugori gusa nk’uko bimenyerewe, ahubwo ko rikwiye kuba iry’umukristo
wese, yaba umugabo cg umugore. Umucyo ugomba guhora umurika kandi ukamurikira
abandi. Yavuze ko hari abajura benshi (barimo ikoranabuhanga, iterambere,…)
biba abadafite uwo mucyo, bari kwiba umwanya w’Imana, uw’umuryango, bari
kwiba abana, abagabo, abagore, … yasabye abari aho kuba maso nk’uko ijambo
ry’Imana ribivuga, muri Matayo 25, 1-13.
Abakristo bakwiye gutunga umucyo w’ukuri ari we
Yesu.
Abatwaramucyo bahimbaje Imana bayishimira ibyo ikora
Korali zitandukanye zatanze ubutumwa mu ndirimbo burimo ubukangurira abantu kuba umucyo, ubuhumuriza, ubwibutsa urukundo rw’Imana, …
Ubutumwa bwo kuba umucyo kandi bwatanzwe no mu muvugo
Komite y'urwego rw’abagore muri Presytery ya Kigali
Umuyobozi Gwaneza Francoise, mu ijambo rye yashimye
Imana, ashima abatwaramucyo bitanze bagakusanya ibiribwa, imyambaro, inkunga
y’amafaranga byatanzwe mu bitaro by’Itorero rya EPR I Remera Rukoma kugira ngo
bafashe abarwayi batishoboye. Yashimiye Itorero, umuyobozi wa Presbytery ya
Kigali, abashumba, komite bakorana banatanga ituro ry’ishimwe.
Igiterane cyasojwe n'jambo rya Perezida wa
Presbytery no gusabira umugisha abitabiriye.
Umwanditsi NAHAYO Pelagie