SOCIAL

DUSOBANUKIRWE N’IMWE MU MITERERE Y’ABAGABO: UKURI ABAGORE BENSHI BATAMENYA

Kubaka umubano wimbitse n’umugabo bisa nko kwinjira ahantu hatazwi. Abagore benshi bahora bibaza uko abagabo bateye n’impamvu bitwara mu buryo butandukanye n’uko bo babibona.

Gusobanukirwa abagabo ntibigarukira ku kurebera ibintu hejuru gusa, bisaba kumenya imitekerereze, imyitwarire n’ibyifuzo abenshi bahuriraho. Inkingi y’ingenzi mu mibanire ni ugusobanukirwa imiterere y’uwo mwashakanye kugira ngo biguhe imbaraga zo kubana nawe neza aho kugira ngo bikubere inzitizi.

Imikorere y’ubwonko bw’abagabo

Ubwonko bw’abagabo bwubatse ku buryo  bukunda kwibanda ku gukemura ibibazo, kwigenga no gutekereza mu buryo bw’inyurabwenge kandi bwimbitse. Ibyo bitandukanye n’abagore kuko bo akenshi bashyira imbere ibintu bihuye n’amarangamutima mu gihe abagabo bo bashyira imbere ibikorwa n’ibisubizo bifatika.

Mu gihe umugore agaragaza ikibazo cye akoresheje amagambo, umugabo we ahitamo gushaka igisubizo cy’ikibazo cyagaragaye.

Abagabo bakunze kugaragara nk’abatavugisha ukuri ku byiyumviro byabo (ikintu gikora ku marangamutima gisa nk’aho ntacyo kibabwiye), ariko akenshi baba bari kubitekerezaho imbere muri bo. Ikintu gikora ku marangamutima basa nk’abakiyegereza ariko bagihunga. Ibyo bitera abagore gutekereza ko batitaweho nyamara akenshi usanga ari bwo buryo bw’umugabo bwo guhangana n’igitutu cyangwa n’amarangamutima amurenze.

Hari inyandiko zimwe na zimwe zivuga ko abagabo n’abagore bakomoka ku mibumbe itandukanye.

Mu gihe abagabo berekana urukundo rwabo binyuze mu bikorwa, abagore bo barubonera mu magambo kuko bakunda kuvuga no mu gusangiza abandi ibyumviro byabo.

Abagabo bakunda kubahwa no gushimirwa ku byo bakoze bagaragarizwa ko ari abanyembaraga. Umugore wasobanukiwe ibi, urukundo n’ubwumvikane hagati ye n’uwo bashakanye birakura bikagera ku rugero rwiza.

Imyitwarire y’abagabo mu rukundo

Abagabo bamwe berekana amarangamutima yabo, bakerekana ko bafite umwanya kandi biteguye kuganira, basa n’abavugisha ukuri ku byo batekereza, ibyo bigatuma imibanire iba myiza.

Hari n’abandi badashobora kugaragaza amarangamutima yabo, batinya kugaragaza intege nke zabo, ibyo bigatuma abagore batamenya ibyo bakeneye. Bene abo bagabo iyo hari ibyo ubasabye wifuza ko bahita babikora, akenshi bumva ubwigenge bwabo bubangamiwe, ugomba kumuha umwanya kandi ugategereza wihanganye igihe afungukira.

Ibyo abagabo bifuza mu rukundo

N’ubwo abantu batekereza ko abagabo batita ku byiyumviro, ariko sibyo kuko nabo bakenera ubusabane, urukundo no kwitabwaho cyane nk’abana batoya.

 

Bakenera:

Icyubahiro n’ishimwe: abagabo bumva banyuzwe iyo bashimiwe kandi babonye ko ibyo bakora bibahesheje agaciro

Umutekano mu byiyumviro byabo: umugabo ashobora gufunguka no gusangiza amarangamutima ye igihe yumva atari bucirwe urubanza (ari bwakirwe neza uko yiyumva)

Bakunda urukundo rw’inyuma (rugaragara inyuma): umugabo kugira ngo yumve akunzwe kandi atekanye ni uko umukoraho ku mubiri, kumufata mu kiganza, kumuhobera, …

Amarangamutima yabo mu guhuza ibitsina agaragara byihuse, igihe icyo ari cyo cyose. Bavuga ko iyo ari imwe mu mpamvu bamwe baca abagore babo inyuma ariko nta rwango babafitiye.

Kwigenga kw’abagabo

Uko kwigenga kw’abagabo abagore benshi bakubona nko kutita ku bibazo byabo ari nabyo bikunze gukurura amakimbirane hagati yabo. Nyamara ahubwo nibwo buryo bwabo, bwo kwisubizamo imbaraga kugira ngo bashobore kongera kubona ibyo batanga.

Uko abagore bakubaka umubano mwiza wabo n’abagabo

Kumutega amatwi ukamwumva utamuciriye urubanza kandi ukamuha n’umwanya wo kuvuga

Kumushimira ku byo akora byose n’ibigaragara nk’aho ari bito

Kumenya ko igihe umugabo acecetse bidasobanuye ko atakwitayeho

Kuko ahanini urukundo rw’abagabo rugaragarira mu bikorwa, ukwiye kwita ku byo akora cyane kuruta ibyo avuga.

Kumurekera umwanya wo gutekereza igihe awukeneye kuko bimufasha kumva wubashye ubwigenge bwe

Kumubwiza ukuri gutomoye ku byo ukeneye kugira ngo bigabanye amakimbirane

Impamvu yo gusobanukirwa abagabo ntabwo ari ukugira ngo tubahindure ahubwo ni ukugira ngo twakire iryo tandukaniro. Ibyo bizagufasha kubaka urukundo rukomeye kandi rurambye.

Urukundo ni urugendo rukenera kwihangana, kumva no guharanira kumvikana ku mpande zombi. Nugerageza gusobanukirwa imiterere ya mugenzi wawe, bizagufasha kumwumva nawe akumve maze muhurize hamwe.

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

Ibyifashishijwe

https://soulmatcher.app/fr/blog/what-do-men-want-in-relationships/

https://www.mariages.net/articles/

 

 

 

 

 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist