SOCIAL

GUSOBANUKIRWA IMITERERE Y’UMUGORE: INKINGI Y’AMAHORO MU RUKUNDO NO MURYANGO

Mu buzima busanzwe bwaba ubw’abakundana cyangwa ubw’abashakanye, gusobanukirwa neza umugore ni intambwe ikomeye ituma umubano wanyu cyangwa urugo rwanyu rumererwa neza, rukarangwa n’amahoro kandi rugakomera. Akenshi usanga abagabo bibaza imiterere y’abagore ikabayobera. Bababona nk’abantu bitetesha, bakunda amatiku kuko ibintu byose babiha agaciro (bavuga ko babigira intambara) kandi bo babibona nk’ibitari ngombwa, ndetse bakababona nk’abadatekereza kure kuko bafata ibyemezo bashingiye ku marangamutima yabo.  Abahanga mu by’imibanire bavuga ko gusobanukirwa neza umugore  bitavuze ko umwemera muri byose, ahubwo ni ukumenya uko atekereza, ibyo akenera , ibyo aha agaciro, uko agaragaza amarangamutima ye, n’ibindi bityo bikakorohera kubana nawe.

Imwe mu miterere y’abagore ukwiye kumenya:

Abagore bashyira imbere amarangamutima, ibyo gutekereza no gushyira mu gaciro bikaza nyuma

Umugore yumva ibintu ashingiye ku marangamutima ndetse akenshi afata icyemezo akurikije uko yiyumva ntabwo akurikiza uko abitekereza cg se ngo akurikize isesengura yakoze.

Urugero: iyo umugabo agize icyo apfa n’umugore, umugabo ashobora guhita atangira gushaka ibisubizo bifatika by’icyo kibazo mu gihe umugore we abanza kugaragaza amarangamutima ye nko kurira, kwerekana agahinda ndetse akaba yafata icyemezo akurikije ukuntu byamubabaje.

Abagore bakenera umutekano w’amarangamutima kugira ngo yifungure cg avuge ibyo atekereza

Umugore ntashobora gufungukira umugabo igihe cyose yumva nta mutekano w’amarangamutima ye afite. Uwo mutekano awubonera mu buryo akubona, umeze neza ufite imbaraga z’umubiri, mu gukora ibintu nta we ugushyizeho agahato, mu gutega amatwi udaca urubanza no mu guhakanira umuntu utamuhutaje cyangwa se utamukomerekeje.

Abagore bakunda amagambo meza, kuko amagambo akomeretsa atuma batigirira icyizere.

 

Abagore basa nk’abagerageza abagabo ariko batabigambiriye cyangwa se batabitekerejeho

Abagore bagira amarangamutima ahindagurika cyane. Rimwe arabyuka akirirwa ashaka kuvuga cyane no kuganira, ubundi akirirwa adashaka kuvuga na gato. Undi munsi ashobora kuramuka afite imbaraga zo gukora ubundi akabyuka ntazo afite na mba, ikindi gihe ugasanga yitaye ku bintu runaka cyane hakaba n’undi munsi usanga atabyitayeho na gato.

Ibyo byose akenshi biba atabishyize muri gahunda, ariko kandi agafata umwanya wo kureba uko umwitwaraho bitewe n’uko ameze muri icyo gihe. Iyo ushoboye kumwitwaraho neza bijyanye n’uko amarangamutima ye ameze uwo munsi, bituma akugirira icyizere kurushaho kandi akabona ko  uri umuntu wamufasha mu gihe bigoye (ko uri umuntu uhari ku bwe).

Abagore bagira muri bo ikintu gikurura amarangamutima y’undi muntu kikamenya uko ameze

Uko umeze muri wowe, umugore ashobora kubimenya utiriwe umubwira ikintu icyo ari cyo cyose.

Iyo uvuze ko umeze neza kandi ubabaye arabimenya, iyo umubwiye ko ibintu utabyitayeho kandi wabihaye agaciro nabyo arabimenya. Ntabwo aba akeneye umuntu utagira ikosa ahubwo aba akeneye umuntu umubwiza ukuri kw’amarangamutima ye.

Abagore bakunda gutegwa amatwi kurusha kugirwa inama

Umugore iyo umuteze amatwi mu gihe ari kukubwira icyamugoye, icyamubabaje cg se icyo ari cyo cyose kimubangamiye, aba akeneye ko umutega amatwi kurusha uko wamugira inama y’icyo yakora ngo bigende neza cg se yagombaga gukora ngo bitamugora.

Umugore aba akeneye ko umutega amatwi ukoresheje umutima (amarangamutima), kuruta kumutega amatwi ukoresheje umutwe n’ibitekerezo bisanzwe (gushyira mu gaciro ukanyura mu nzira ikwiye yo gukemura ibibazo). Ni ukuvuga ko aba akeneye ko ubanza kumva ibyo akubwira ugasa nk’ubiha agaciro kajya kungana n’ako yabihaye hanyuma ibindi ushaka kumubwira ukaza kubimubwira nyuma asa n’uwumva yaruhutse ku mutima.

Kumwereka urukundo mu bikorwa

Abagore bakunda amagambo y’urukundo cyane. Ariko kandi bishima kurushaho iyo babona uwo bashakanye abafasha mu mirimo imwe n’imwe yo mu rugo yoroheje. Bakunda impano n’iyo zaba ari nto cyane, cyangwa se wowe uzita ko ziciriritse. Urugero nko kumuzanira akarabo kamwe, akabombo, …Ibyo bituma yiyumva nk’umuntu w’ingenzi mu buzima bwawe.

Muri make, gusobanukirwa umugore si ibintu byizana ahubwo ni ibintu bisaba kubifatira umwanya kandi ubikunze. Imitekerereze n’imiterere y’abagore ntabwo ari isi abagabo badashobora kumenya no gusobanukirwa, ahubwo ni uburyo bwo kubaho butandukanye n’ubwabo, ahanini bushingiye ku marangamutima, ku mibanire n’abandi no guha agaciro buri kintu cyose, n’ibyo abagabo babona ko atari ngombwa. Iyo ushoboye gusobanukirwa umugore mukundana cyangwa mwashakanye,  ukamuha umwanya mu byemezo ufatira umuryango cyangwa ibyo ufatira umubano wanyu, kubana nawe birakorohera, urukundo rwanyu rurabaryohera kandi kubana kwanyu bizaborohera, ku bashakanye urugo rwabo ruhinduka ijuru rito.

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

Ibyifashishijwe

https://www.scribd.com/document/802254734/Psychologie-Feminine

https://www.ecolevm.fr/comprendre-la-psychologie-feminine/ 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist