SOCIAL

KUMENYA IMITERERE KAREMANO Y'UWO MWASHAKANYE: IBANGA RYAGUFASHA KUGABANYA AMAKIMBIRANE IWAWE

Abagabo n’abagore benshi bahora bibaza imiterere y’uwo bashakanye bikabayobera. Babona badahuza ku bintu bimwe na bimwe  cg byinshi, ugasanga uko ubibona, si ko we abibona, uko ubikora si ko we abikora, urabona asa nk’aho atakitaye ku byifuzo byawe no ku buryo ubona ibintu. Ibyo bituma muhora mu makimbirane asa n’ashingiye ku bintu bidafatika. Kugira ngo ushobore kubisobanukirwa neza, kurikira iyi nkuru umenye imiterere karemano y’umugabo ndetse n’iy’umugore.

IMWE MU MITERERE KAREMANO Y'ABAGABO N'ABAGORE:


Abagabo batekereza ku “ubushobozi”; Abagore batekereza ku “mibanire”.

Abagabo bahora bashaka kugaragaza ko bashoboye. Icy’ingenzi kuri bo ni ukugira ngo bakore “neza kurusha abandi”, “vuba kurusha abandi” kandi abantu bashime ubushobozi bwabo ku mugaragaro.

Abagore bo bita cyane ku mibanire bafitanye n’ababazengurutse. Icy’ingenzi kuri bo ni uko bose bishimye.

Abagabo bavuga ibyabaye, abagore bavuga ibyakumvikana cyane mu marangamutima

Umugabo iyo akubwira ibintu runaka abivuga neza uko byagenze, naho umugore we iyo abivuga arabikabiriza kugira ngo buri wese abyumvishe amarangamutima ye.

Umugabo aba akeneye ibintu bifatika kandi by’ukuri. Niyo mpamvu iyo umubwiye uti “mfite ibintu ibihumbi byo gukora”, ahita akubwira ati: “Oya, ntushobora kugira byinshi bigeze aho, ntibishoboka.”

Ibyo rero akenshi bitera ubwumvikane buke kuko gukenera amakuru y’ukuri afatika kwe umugore ntabyishimira, gukabiriza ibintu k’umugore nawe bikamurakaza.
Uburyo bwe bwo gukunda ibintu bitunganye burakubabaza, kandi uburyo bwawe bwo gukabiriza buramurakaza.

Gusobanukirwa neza imivugire ya buri wese nibyo bituma mushobora kumvikana no kwihanganirana

Abagabo bakora ikintu kimwe gusa; abagore bakora ibintu byinshi icyarimwe

Umugabo akora ikintu kimwe kikarangira neza kandi ku gihe. Niba afite byinshi byo gukora arabanza agakora kimwe, yakirangiza akabona gukora ikindi.

Urugero niba aje mu rugo kuruhuka, ntashobora kwita ku nkweto abana bashyize mu nzira, kuko ntabwo aje gutoragura inkweto ahubwo aje kuruhuka. Ashobora no gusanga aho aje kuruhukira hadatunganyije neza, akaharyama uko hameze kuko ntabwo aje gusasa. Ikiri mu mutwe we agiye gukora ni cyo akora, bityo ibindi byose ntabyitaho. Si uko atabishobora ahubwo niko ateye.

Abagore bo, ibintu byinshi babikorera icyarimwe, ashobora guhaguruka agiye kuruhuka, akandurura muri salon, agahanagura aho abonye akavumbi, akamesa  umwenda yari yashyize mu mazi, agakoropa aho amazi amenetse, akabanza gutera ipasi umwenda ukenewe, bishobora no kurangira kuruhuka abyihoreye. Umugore afite ubushobozi muri we bwo guteka, ari gukoropa inzu, akuhira indabo, akaganiriza umushyitsi wabasuye kandi akaba ahetse n’umwana,…

Hari ubwo usanga mu rugo byarabaye ikibazo umugabo abwira umugore ati ko ukora ibintu byose icyarimwe ntubirangize cyangwa se ntubikore neza wagiye ubanza kimwe. Umugore nawe hari ubwo aba yarabangamiye umugabo ati kuki utakora kiriya ariko ukamfasha n'iki ko kidakomeye,...

impamvu yabyo ni iyo tuvuze hejuru.

Abagabo baceceka ibibazo byabo; abagore bo barabivuga.

Iyo umugabo ahuye n’ikintu kimugoye, ntatangaza ikibazo cye ngo abantu bose babyumve. Mu bitekerezo bye, kuvuga ikibazo ni nko kwemera ko adashoboye kugikemura. Kandi icy’ingenzi kuri we, ari ukugaragara nk’ushoboye mu bihe byose.

Niyo mpamvu igihe abona ko agomba gusaba ubufasha, ahitamo umuntu ushoboye.

Abagore bo nta soni zo gusaba ubufasha bagira, bumva ari ibintu bisanzwe, biba bisa nk’amahirwe kuri we yo kugirana imibanire n’uwo muntu.

Abagabo bareba ikintu mu buryo bwagutse; abagore bareba ikintu uko kigaragara

Abagabo bareba ikintu mu buryo bufite intego (mu buryo bwagutse), ntabwo bakireba uko kigaragara imbere y’amaso yabo gusa ahubwo bareba no hirya yacyo.

Abagore bo bareba ibintu byinshi icyarimwe, ariko ntabwo babireba mu buryo bwagutse ahubwo uko kigaragara imbere yabo, ubwo ni uko kimeze kuri bo.

Abagabo bita cyane ku bintu byabo bwite; abagore bita cyane ku by’abandi

Ku bagabo kwimenya, kwita ku byo wowe ukeneye ni ikimenyetso cy’ubushobozi.

Abagore bo bahora bitaye ku byifuzo n’ibikenewe by’abandi. Mu bitekerezo by’abagore, kwita ku bandi nibyo bikenewe. Binyuze muri ubu buryo bwo gusangira no gufashanya, buri wese arishima

Abagabo ni abantu bihariye (unique); Abagore ni abantu bahora bari mu matsinda

Abagabo, ni abantu bakunda kumva ko ari abantu bihariye, n’iyo baba bari muri ayo matsinda, baba bashaka kwibona no kwiyumva nk’abantu bihariye muri yo, batayoborwa nayo.

Abagore bumva amatsinda ari ikintu cy’ingenzi kuri bo: itsinda ry’inshuti, umuryango,…  Bakunda guhuza abantu, no kubungabunga imibanire yabo n’abo bakunda.

Abagabo bakunda gahunda ihamye kandi ihoraho; Abagore bakunda ibintu bitandukanye kandi bihinduka

Mu bitekerezo by’abagabo, ntabyo guhindura ikintu gikora neza cg se gikorwa neza. Umugabo ashobora guhora atemberera ahantu hamwe, yambara imyenda imwe akayihindura ari uko yangiritse,…

Abagore bo bahora bakunda guhindura, niba ubushize yaratembereye aha, ubutaha yifuza guhindura ngo ajye  ahandi, niba yariye iki ejo yifuza kurya ikindi, guhora ahindura ibyo yambara, …

Iyo ni imwe mu miterere karemano y'abagabo n'abagore.

Icyo ukwiye kumenya ni uko: ibyo byose bivuzwe haruguru hamwe n’ibindi bitavuzwe, kubimenya byoroshya imibanire y’abashakanye bigatuma ushobora kumva no gusobanukirwa impamvu mugenzi wawe akora ibintu muri ubu buryo kandi wowe atari ko ubikora cyangwa se atari ko ubishaka. Bityo ubwumvikane, amahoro n’urukundo bikaganza mu muryango wanyu. Mu gusoza ntabwo ibi byavuzwe ari ihame ko ari ko bihora bimeze. Buri wese yaba umugabo ndetse n’umugore ashobora kuba ari ko ateye, bishobora kwicurika ugasanga umugore niwe ufite iyo miterere y’abagabo cyangwa se umugabo niwe ufite imiterere y’abagore. Ikindi buri wese ashobora kuba ari hagati y’iyo miterere yombi, umugore akaba afite bimwe ateyeho nk’abagabo n’umugabo ashobora kugira bimwe muri byo ateyeho nk’abagore.

 

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

 

https://www.femmeactuelle.fr/amour/couple

 

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist