SOCIAL

IGISOBANURO CY’UBUZIMA BWO KU ISI NI IKIHE?

Abantu benshi usanga bibaza igisobanuro cy’ubuzima n’impamvu bari ku isi bikabayobera. Ese mu by’ukuri ni ikihe? Icyo kibazo abenshi igisubizo cyacyo kibabera ingorabahizi. Bamwe bibaza icyo bakora ngo ubuzima buhore ari bwiza kandi buryoshye. Abandi bibaza niba ubuzima bushaririye barimo buzagira iherezo.

Nk’uko tubikesha inkuru ya Kivu Post ivuga ko umusore witwaga Mutsinzi, yashakaga kumenya igisobanuro cy’ubuzima. Umunsi umwe arimo kugenda yabonye ikinyabwoya cyageragezaga kuva mu gikonoshwa cyacyo mu gikorwa cy’ubwihindurize bita “metamorphosis” ngo gihinduke ikinyugunyugu kiguruka. Ngo uwo mwana yashatse gufasha icyo kinyabwoya ariko umunyabwenge wari hafi ye aramubuza, amubwira ko icyo kinyabwoya kigomba kurwana iyo ntambara kamere kugira ngo cyivane muri icyo gikonoshwa, ubundi kikabona kubasha kuguruka cyahindutse ikinyugunyugu. Muri icyo gisa n’intambara n’uburibwe bukomeye cyane niho gikura imbaraga gikeneye kugira ngo kibashe kuguruka.



Ni mu ntambara, ibibazo n’ingorane ubuzima buduteza, tubasha gukura imbaraga, ubupfura n’imyitwarire idufasha kububamo twemye. Bakomeza bavuga ko igisobanuro cy’ubuzima atari uguhunga no kutifuza guhura n’ibibazo bibubamo kenshi, tutazi impamvu n’inkomoko yabyo cyangwa nta n’uruhare twabigizemo, ahubwo igisobanuro cy’ubuzima ari uguhangana na byo tutinuba kandi tukabikorana umurava no kwiyemeza, maze tukabikoresha nk’amahirwe yo gukura no gutera intambwe.

Usesenguye neza iyo nkuru wabonamo ikindi gisobanuro cy’ubuzima kivuga ko igihe kimwe ubuzima bwacu buba bumeze nk’ubw’ikinyabwoya, aho nta wifuza kukubona, ukubonye akaguhunga, akakubona nk’ikibazo, aho nta wifuza kukwegera cyangwa kuba iruhande rwawe.  Ku rundi ruhande ubwo buzima bw’ikinyabwoya nibwo buhinduka ubw’ikinyugunyugu noneho buri wese akumva afite amatsiko yo kukureba, akanezezwa no kukubona kandi akumva kuba iruhande rwe ntacyo bimutwaye ahubwo bimunejeje.

 

Abemera Imana bo bavuga ko ubuzima buturuka ku mana kandi ubufite akwiye guharanira gukora ibyiza.

Mu gitabo cy’ubuzima bufite intego, umwanditsi RICK WARREN avuga ko :

Intego y’ubuzima bwawe isumba kure gushaka gusohoza imigambi yawe, kugira amahoro y’umutima cg kwishimira kubaho. Isumba kure umuryango wawe, umurimo ukora, cyangwa ibyifuzo byawe n’ibyo wimirije imbere byose. (Ubuzima bufite intego, RICK WARREN, 2002, P19 na P21)

Kuvuka kwawe ntabwo byavuye mu kwibeshya cyangwa mu gucikwa, ubuzima bwawe ntabwo ari nk’imvura y’impangukano igwa utazi iyo ivuye. Ababyeyi bawe bashobora kuba barakubyaye batabitekereje, ariko Imana yo ntabwo yo yatunguwe no kuvuka kwawe. (Ubuzima bufite intego, RICK WARREN, 2002, P27)

Ku bemera Bibiliya mu 1Abakorinto 9: 24-25 Pawulo avuga ko hasiganwa benshi ariko hagatsinda umwe, agashishikariza abantu kwiruka ngo begukane ibihembo. Akomeza avuga ko abarushanwa mu mikino bose bamenya kwifata ku buryo bwose, kugira ngo begukane ikamba rishira vuba (ni ukuvuga ko ibyo bihembo bishobora kugera aho bigata agaciro), akabwira abantu ko babikorera kuzegukana ikamba ritazashira (ritazata agaciro cg rizahoraho).

Iyo witegereje umukino w’umupira w’amaguru, uba ugizwe n’amakipe abiri ahanganye, buri yose ikora uko ishoboye kugira ngo yegukane intsinzi. Buri kipe iba ifite umutoza, uyifasha gukora imyitozo, uyereka uburyo yirinda amakosa yatuma itsindwa n’ibyo igomba gukora kugira ngo ishobore gutsinda. 


Ayo makipe yombi ajya guhangana yose afite ayo masomo yahawe n’umutoza wayo. Buri yose ikora uko ishoboye kugira ngo itsinde ndetse imwe ikabigeraho mbere y’indi igatsinda. Iyo imaze gutsinda irishima cyane, ikumva irakomeye, ikumva ko izi gukina neza kurusha iyo bahanganye. Hari n’ubwo itekereza ko ifite umutoza mwiza kurusha indi n’ibindi byinshi yibwira. Ikipe imaze gutsindwa igitego kimwe cyangwa ibirenze kimwe n’ubwo bisa n’aho biyiciye intege, ariko ntabwo irekera aho gukina irakomeza igahangana, kugira ngo irebe ko yatsinda cyangwa se ko batayitsinda byinshi kurushaho. Ku bw’amahirwe no gukomeza guhangana, ikipe yari yatsinzwe ishobora kwishyura, ndetse ikaba yakwegukana intsinzi mu minota ya nyuma irangiza umukino. Bya bihe byayo byo gucika intege bigahinduka ikishimira intsinzi, ikabona ko umuhate yagize wo gukomeza gukora nyuma yo gutsindwa utapfuye ubusa.

Iki nacyo ni igisobanuro cy’ubuzima. Mu buzima bwacu turavuka, tugakura, twagira amahirwe tugasaza. Muri icyo gihe cyose dukoresha imbaraga zacu, ubwenge bwacu, ubutunzi, imiryango n’ibindi dufite kugira ngo tugire ibyo tugeraho. Akenshi tubikora tugendeye ku nama z’abagize umuryango iyo bahari, inshuti n’abandi bose dufata nk’ibyitegererezo byacu. Hari ubwo ibyo byose bidufasha tukagera kuri byinshi cyangwa se ku ntsinzi mu buzima. Gusa nyuma y’igihe hari ubwo ibyo twagezeho bishobora kuyoyoka, bigakendera ndetse bikaba byanashira ku mpamvu ziduturutseho cyangwa zitaduturutseho. Ku rundi ruhande hari ubwo umuntu agerageza, agakoresha imbaraga afite n’inama agirwa ariko ibyo ashaka kugeraho byose bikanga. Iyo adacitse intege agakomeza gukora, byanze bikunze ashobora kugera aho akagera ku ntsinzi.

Umuririmbyi witwa Masabo yavuze ko mu buzima bw’umuntu habamo byinshi by’amayobera hakabamo byinshi by’umunezero. Uwo amahirwe asendereje imigisha aratunga akadamarara, akumva ko arusha abandi gukora, cyangwa se no gusenga, ngo nyamara byahe byokajya! Yakomeje avuga ko mu buzima habamo byinshi tudategeka, ari byo: Imana na Satani, ibyago cyangwa amahirwe. Asoza avuga ko ubuzima ari imvange y’ibibi n’ibyiza bigendana, kwishima no kurira bihora bisimburana

Twasoza tuvuga ko igisobanuro cy’ubuzima ari uruvangitirane rw’ibibi n’ibyiza. Buri wese uburimo akwiye gukomeza guhatana, akagerageza uko ashoboye adacitse intege cyane ngo yihebe, ngo abone ko ubwo nonaha atsinzwe byose birangiye. Komeza ugerageze, ndetse nibishoboka uhindure icyerekezo, byanze bikunze igihe kiragera ukagera ku ntsinzi cyangwa se ukabona ikikunezeza. Ikindi ni uko niba hari ibyo ugezeho ntabwo uhagarara ngo wikomange mu gatuza, wumve ko ukomeye kurusha abandi, ubarusha imbaraga n’ubwenge ngo ubabone nk’abasuzuguritse imbere yawe. Niba hari ibyo ugezeho ishime, ushimire Imana, ushimire ababigizemo uruhare ariko wirinde gusuzugura abandi, wizeye neza ko ari ko bizahora bimeze, kuko isaha n’isaha bishobora guhinduka. Igihe kandi utsinzwe, unaniwe, ubuze icyerekezo cyangwa se ubona usa nk’aho usuzuguritse wicika intege, wikwiheba ngo ubone ko byose birangiye, kuko igihe icyo ari cyo cyose ibyo bishobora guhinduka, ugatsinda kandi ugahabwa icyubahiro mu bandi.

Umwanditsi: NAHAYO Pelagie

IBYIFASHISHIJWE

1.     https://www.facebook.com/story.php/?story_fbid=945781300892264&id=100063812089596&_rdr

2.     https://www.youtube.com/watch?v=UA5LgMyA4Yk

3.     Ubuzima bufite intego, RICK WARREN, 2002

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist