SOCIAL

Bank Of Kigali (BK) Yatanze Millions Nyinshi Mu Muhango Wo Guha Impamyabumenyi Abanyeshuri Ba PIASS Ku Nshuro Ya Cyenda ...!

Ni Umuhango watangiye Umuyobozi wa PIASS Vice chancellor Prof.Elisee MUSEMAKWELI yakira abashyitsi bakuru mu nzego zitandukanye bitabiriye uyu muhango, ababyeyi n’abanyeshuri. Yongeye kwibutsa kandi ko iyi ari inshuro ya 3 bakora umuhango nk’uyu nyuma yaho icyorezo cya COVID-19 Cyibasiye u Rwanda n’isi muri rusange, ashimira abarimu, abanyeshuri n’ababyeyi imbaraga n’umuhate bagaragaje mubihe bitari byoroshye bya COVID-19, yongeye kwishimira inyubako bujuje izakira ishami rya 4kuyo basanzwe bafite rya Architecture and Green Technology, yibutsa abantu ko imiryango muri PIASS ifunguye kubashaka kuza guhaha ubumenyi, yibukije kandi abanyeshuri basoje mu byiciro byabo ko bagomba gukomeza kurangwa n’indangagaciro nziza ati: ”umukristo mwiza ni n’umuturage mwiza.” Yongeye kwibutsa abasoje amasomo ko inzozi bakwiye kugira atari izo bagira baryamye ahubwo ari izo bakwiye kugira zibabuza kuryama.


Umuyobozi wa PIASS Prof.Elisee MUSEMAKWELI atanga impuguro zitandukanye kubarangiye amasomo


Abanyeshuri bishimiye impamyabumenyi bahawe

Hakurikiye umuhango wo gushimira abanyeshuri bahize abandi, aho batangiye bashimira uwahize abandi mu ishami rya Huye NIYONZIMA Belise na KURADUSENGE R. Jean Pierre wahize abandI mu ishami rya Karongi bakaba bahembwe na Bank ya Kigali aho buri wese yahawe cheque y’amafranga angana na Miliyoni y’amanyarwanda.


NIYONZIMA Belise wahize abandi mu ishami rya Huye yashyikirijwe Cheque ya Miliyoni y'amanyarwanda

BK yatanze cheque ya KURADUSENGE R. Jean Pierre wahize abandi mu ishami rya Karongi

SMART DESIGN yahembye kandi umukobwa wahize abandi ariwe NIYONZIMA Belise, ndetse batanga igihembo CY’ISHIMWE KURI PIASS Kubw'ubufatanye bwiza, bahembye kandi UMWALI Crescence nk’uwahize abandi bakobwa mu ishami rya KARONGI, Bethany Investment Group (BIG) bahembye uwahize abandi mu ishami ry’uburezi. RADIANT Company nayo yahembye KARANGWA MUNEZERO Hope wahize abandi mu ishami rya Theology, REDO (Rural Environment Development Organization) nayo yahembye umunyeshuri wahize abandi NIYONZIMA Belise na Octave GAHIRWE ndetse babemerera akazi muri REDO.


RADIANT nayo yahembye KARANGWA MUNEZERO Hope wahize abandi mu ishami rya Theology, igihembo cyashyikirijwe umubyeyi we(hagati)


BIG yashyikirije igihembo Boniface wahize abandi mu ishami ry'uburezi.

PIASS kandi yashimiye abanyeshuri bakoze internerships mu ma kaminuza yo hanze (Ubudage, Japan, Holland, n’ahandi) afitanye umubano na PIASS bakabasha kwitara neza bagahagararira PIASS n’ u Rwanda, Bashimiye kandi abalimu bagiye kuminuza hanze muri PHD hanyuma bakagaruka gukomeza gutanga ubumenyi muri PIASS.

 

 


Ubuyobozi bwa PIASS bwashimiye abanyeshuri n'abalimu bitwaye neza



Umushyitsi mukuru GATABAZI Pascal


Uwaje ahagarariye Minisitiri w'uburezi GATABAZI Pascal ari nawe wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, mu ijambo rye yatangiye ashimira abanyeshuri basoje amasomo yabo umuhate bagize ndetse ashimira abarimu n'ubuyobozi bwa PIASS ku bumenyi bahaye abanyeshuri, ashimira kandi n'ababyeyi k'ubufatanyabikorwa bwiza mu guha uburezi abanyeshuri, yibukije kandi abanyeshuri basoje amasomo ko ubu aribwo bagiye gutangira kujya ku isoko ry'umurimo aho bagiye gutanga umusanzu mu kwiyubaka ubwabo, bubaka igihugu cyabo, yongeye kandi gushimira PIASS ku musanzu ukomeye batanga mu kubaka iguhugu, yashoje ijambo rye yizeza PIASS ubufatanye mu gukomeza kubaka ireme ry'uburezi.

 

Yanditswe na HIMBAZA Yves

Ibitekerezo by'iyi Nkuru:




Andika Igitekerezo Cyawe:

    Connection failed: SQLSTATE[42S02]: Base table or view not found: 1146 Table 'cbnmediahouse_db.tblcomments' doesn't exist