SOCIAL

Bank Of Kigali (BK) Yatanze Millions Nyinshi Mu Muhango Wo Guha Impamyabumenyi Abanyeshuri Ba PIASS Ku Nshuro Ya Cyenda ...!

Ni Umuhango watangiye Umuyobozi wa PIASS Vice chancellor Prof.Elisee MUSEMAKWELI yakira abashyitsi bakuru mu nzego zitandukanye bitabiriye uyu muhango, ababyeyi n’abanyeshuri. Yongeye kwibutsa kandi ko iyi ari inshuro ya 3 bakora umuhango nk’uyu nyuma yaho icyorezo cya COVID-19 Cyibasiye u Rwanda n’isi muri rusange, ashimira abarimu, abanyeshuri n’ababyeyi imbaraga n’umuhate bagaragaje mubihe bitari byoroshye bya COVID-19, yongeye kwishimira inyubako bujuje izakira ishami rya 4kuyo basanzwe bafite rya Architecture and Green Technology, yibutsa abantu ko imiryango muri PIASS ifunguye kubashaka kuza guhaha ubumenyi, yibukije kandi abanyeshuri basoje mu byiciro byabo ko bagomba gukomeza kurangwa n’indangagaciro nziza ati: ”umukristo mwiza ni n’umuturage mwiza.” Yongeye kwibutsa abasoje amasomo ko inzozi bakwiye kugira atari izo bagira baryamye ahubwo ari izo bakwiye kugira zibabuza kuryama.


Umuyobozi wa PIASS Prof.Elisee MUSEMAKWELI atanga impuguro zitandukanye kubarangiye amasomo


Abanyeshuri bishimiye impamyabumenyi bahawe

Hakurikiye umuhango wo gushimira abanyeshuri bahize abandi, aho batangiye bashimira uwahize abandi mu ishami rya Huye NIYONZIMA Belise na KURADUSENGE R. Jean Pierre wahize abandI mu ishami rya Karongi bakaba bahembwe na Bank ya Kigali aho buri wese yahawe cheque y’amafranga angana na Miliyoni y’amanyarwanda.


NIYONZIMA Belise wahize abandi mu ishami rya Huye yashyikirijwe Cheque ya Miliyoni y'amanyarwanda

BK yatanze cheque ya KURADUSENGE R. Jean Pierre wahize abandi mu ishami rya Karongi

SMART DESIGN yahembye kandi umukobwa wahize abandi ariwe NIYONZIMA Belise, ndetse batanga igihembo CY’ISHIMWE KURI PIASS Kubw'ubufatanye bwiza, bahembye kandi UMWALI Crescence nk’uwahize abandi bakobwa mu ishami rya KARONGI, Bethany Investment Group (BIG) bahembye uwahize abandi mu ishami ry’uburezi. RADIANT Company nayo yahembye KARANGWA MUNEZERO Hope wahize abandi mu ishami rya Theology, REDO (Rural Environment Development Organization) nayo yahembye umunyeshuri wahize abandi NIYONZIMA Belise na Octave GAHIRWE ndetse babemerera akazi muri REDO.