Latest News

Abagore Bize Ubumenyi N'ikoranabuhanga Bavuga Ko Bagenzi Babo Bakwiye Gutinyuka Kuko Bashoboye

Mu gihe kuri uyu wa 8 Werurwe u Rwanda rwifatanya n'ibindi bihugu mu kuzirikana umunsi mpuzamahanga w'umugore, abagore bize ibijyanye n'ubumenyi n'ikoranabuhanga bavuga ko abagore muri rusange bakwiye gutinyuka kuko bashoboye, bityo bakabyaza umusaruro amahirwe ahari kuri bose yo kwiga bakageraz kure.

U Rwanda Rwashyikirije RDC Imirambo Ibiri Y’abasirikare Barasiwe Mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri, u Rwanda rwashyikirije RDC imirambo ibiri y’abasirikare b’iki gihugu barasiwe mu Rwanda, bavogereye ubutaka bwarwo mu Murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu.

U Rwanda Turwigiraho Ubudaheranwa-Perezida Wa Sena Ya Eswatini

Perezida wa Sena w’Ubwami bwa Eswatini, Pastor Lindiwe Dlamini agaragaza ko biteye ishema kubona hari bimwe mu bihugu bya Afurika bimaze gutera intambwe ishimishije, ituma n’ibindi bihugu bigize uyu mugabane byifuza kubyigiraho.

Dr Ngirente Yagaragaje Intambwe U Rwanda Rutera Rugana Mu Bihugu Biteye Imbere

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ko kuba hari ibihugu byari bikennye ubu bikaba byaravuye muri iki cyiciro, ari ikigaragaza ko n’ibindi bihugu byabyigiraho bikava mu bukene.

U Rwanda Rurashima Umuhate W’abahuza Ku Kibazo Cya Congo

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko nubwo leta ya Congo ikomeje kubangamira inzira y’amahoro, u Rwanda rwo kugeza ubu rushima uburyo abahuza n’ibihugu by’Akarere muri rusange bikomeje gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe mu rwego rwo gukemura ikibazo cyo mu Burasirazuba bw'iki gihugu.

Perezida Kagame Yavuze Ko Leta Iticaye Ubusa Mu Guhangana N'izamuka Ry'ibiciro

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yongeye guhumuriza Abanyarwanda avuga ko Leta iticaye ubusa ku kibazo cy'izamuka ry'ibiciro ku masoko anahishura ko hari gahunda y'igihe kirekire igamije kuzamura imishahara y'abakozi ba leta muri rusange.

Bigenda Gute Iyo Umuntu Agize Impanuka Amafaranga Ye Agashya Cyangwa Akangirika Mu Bundi Buryo?

Nubwo tugirwa inama yo kugana ibigo by’imari kuri serivisi zirimo no kubitsayo amafatanga, impanuka ntiteguza; ushobora kuba wayabikuje ugiye kuyakoresha akaba yakwangirika, agashya cyangwa akaribwaka n’imbeba.

log.png