Perezida Paul Kagame yavuze ko zimwe mu mpamvu akeka Akarere ka Burera kabaye aka nyuma mu kwesa imihigo, harimo kuba muri aka karere hagaragaramo ikibazo cya Kanyanga nyinshi ndetse n’ikibazo mu bijyanye n’imiyoborere.
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yagejeje ku bitabiriye Inama y'Igihugu y'Umushyikirano kuri uyu wa Kabiri ari nawo munsi wa nyuma w'iyi nama, uko uturere twahize imihigo y'umwaka wa 2021/2022.
Perezida Paul Kagame yavuze ko nta mafaranga leta izatanga mu kugoboka abishoye mu buhinzi bw’igihingwa cya CHIA, bari bamaze iminsi bagaragaza ko bahombye amafaranga akabakaba miliyari 27.
Perezida Paul Kagame yashimye intambwe ikomeye igihugu kimaze gutera mu myaka hafi 30 ishize, kuko usubije amaso inyuma hari byinshi bimaze kugerwaho, birimo no kuba kuri ubu ikigereranyo cy'imyaka y'uburame ku banyarwanda kigeze ku myaka 69.
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ko ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 mu rwego rw’ubuzima n’urw’ubukungu, zatumye ubukungu bw'u Rwanda buzahuka uhereye mu 2021 no gukomeza mu mwaka wa 2022.
Imibare mishya yakusanyijwe mu ibarura rusange ry’abaturage ryabaye mu 2022 ikozwe n'ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurishamibare yagaragaje ko Abanyarwanda ubu ari 13,246,394, bavuye kuri miliyoni 10,5 bariho mu 2012.
Abasenateri bagize Komisiyo ya Politike n’imiyoborere muri Sena, basabye abayobozi b’Akarere ka Gasabo kujya bongera kumenyesha abaturage igihe imishinga cyangwa ibyifuzo baba babijeje idakorewe igihe.