Abashyikirije Perezida wa Repubulika Paul Kagame impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga mu Rwanda, biyemeje kubaka ubufatanye butajegajega, bugamije iterambere.
Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu iravuga ko abayobozi b'inzego z'ibanze baherutse gutorwa bazasenyera umugozi umwe bagamije iterambere n'imibereho myiza y'abaturage, no kwirinda kwegura no kweguzwa bya hato na hato byaranze bamwe mu bababanjirije.
Mu gihe hashize igihe gito ministeri y’uburezi itangaje ko hagiyeho ikiguzi kingana ku mashuri ya leta, kuri ubu haravugwa imibare y'abanyeshuri bava mu mashuri yigenga bakajya mu mashuri ya Leta ikomeje kwiyongera mu Mujyi wa Kigali.
Kuwa Gatandatu tariki ya 01 Ukwakira 2022, Perezida wa Repubulika ya Santarafurika Prof. Faustin Archange Touadéra na Madamu we bakiriye ku meza itsinda ry'abasirikare b'u Rwanda 200 bari muri iki gihugu kubw'amasezerano ibihugu byombi byagiranye. Ibi byabereye mu rugo iwe mu gace ka Damara muri Santarafurika.
Imiryango 144 igizwe n’abaturage 707 baturiye kariyeri ikoreshwa muri CIMERWA ndetse n’imiryango 507 igizwe n’abaturage 2212 ituriye uru ruganda, ni yo imaze kubarurwa ngo izimurwe bitewe n’uko yari ibangamiwe na rwo.
Nyuma y'inkuru twabagejejeho y'itangazwa ry'amanota , Ku barangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abanyeshuri bakoze ibizamini ni 126,735. Abatsinze ni 108, 566, bahwanye na 85.66%. Abatsinzwe ni 18,469, bahwanye na 14.34%.
Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y'Uburezi yatangaje amanota y'ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n'icyirico rusange cy'amashuri yisumbuye.