Latest News

Minisitiri W’uburezi Yasobanuye Impamvu Amafranga Y’ishuri Yaringanijwe Ku Bigo Byose Anasubiza Ibibazo Besnhi Bibaza.

Mu kiganiro yakoze kuri televiziyo y’igihugu Dr. UWAMARIYA Valentine yasobanuye ko ari ikibazo cyari kimaze gufata indi ntera aho wasangaga buri kigo gishyiraho igiciro cyishakiye nubwo byabaga bivugwa ko byashyizweho n’ababyeyi ariko ugasanga ababyeyi nanone nibo bari gutaka bavuga ko bikabije.

PAC Yabajije Akarere Ka Nyagatare Kuri Rwiyemezamirimo Wishyuwe Miliyoni 11 Frw Inshuro Ebyiri

Komisiyo Ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu, yakiriye tumwe mu turere tw’Intara y’Iburasirazuba mu rwego rwo gusobanura amwe mu makosa yagaragajwe na raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta.

Guverinoma Yaringanije Amafaranga Y'ishuri Ku Bigo Bya Leta Byose

Guverinoma y'u Rwanda yafashe umwanzuro wo kuringaniza amafaranga y'ishuri atangwa n'ababyeyi mu mashuri y'incuke, abanza n'ayisumbuye ya Leta n'amashuri afatanya na Leta.

Perezida Ruto Yijeje Ibihugu Byo Mu Karere Ubufatanye N'imikoranire Ku Buyobozi Bwe

Perezida mushya wa Kenya, Dr. William Ruto arizeza ibihugu byo mu karere ubufatanye n'imikoranire nta makemwa ku buyobozi bwe.

Madamu Jeannette Kagame Yafunguye Ubusitani Bwo Kwibuka Ku Rwibutso Rwa Jenoside Rwa Nyanza Ya Kicukiro.

Madamu Jeannette Kagame yafunguye ku mugaragaro Ubusitani bwo Kwibuka, buherereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, bwatangiye gutunganywa mu mwaka wa 2019 anasaba abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi gukomeza kurangwa n'ubudaheranwa no kurwanya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

Bank Of Kigali (BK) Yatanze Millions Nyinshi Mu Muhango Wo Guha Impamyabumenyi Abanyeshuri Ba PIASS Ku Nshuro Ya Cyenda ...!

Ni Umuhango watangiye Umuyobozi wa PIASS Vice chancellor Prof.Elisee MUSEMAKWELI yakira abashyitsi bakuru mu nzego zitandukanye bitabiriye uyu muhango, ababyeyi n’abanyeshuri.

Leta Izakomeza Kunganira Ibikorwa Bizafasha Mu Guhangana N’ihindagurika Ry’ibiciro Ku Isoko -Minisitiri Uzziel

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana yatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022-2023, guverinoma izakomeza kunganira ibikorwa bitandukanye bizafasha igihugu guhangana n’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko. Ni mu gihe muri uyu mwaka biteganijwe ko ibiciro bizazamuka ku gipimo cya 9.5% ugereranije na 6% byazamutseho muri iyi minsi.

log.png