Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanita y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2021-2022.
Kuri uyu wa Kane Perezida Paul Kagame yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo bihabwa indashyikirwa mu kurwanya ruswa mu muhango wabereye i Doha muri Qatar.
Dr Iyamuremye Augustin wari Perezida wa Sena yeguye kuri uyu mwanya no ku busenateri.
Polisi yu Rwandayasabye abakeneye gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, kujya babanza bakitegura atari ukuza kugerageza amahirwe.
Ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byagumishijwe uko byari bisanzwe nyuma y'isuzuma ryakozwe ry'uko ibiciro bihagaze ku isoko mpuzamahanga.
Guverinoma yasabye Abanyarwanda kongera imbaraga mu musaruro w'ibiribwa n'ibindi bikoresho bikenerwa mu gihugu, kugira ngo ibitumizwa hanze bibe ari ibiri ngombwa gusa.
Abayobozi ba bimwe mu bigo by'amashuri mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko kubyaza umusaruro ubutaka bw'ibyo bigo bibafasha mu kunganira umusanzu ababyeyi batanga muri gahunda yo kugaburira abana ku ishuri, bikaba binagabanya ingano y'amafaranga yifashishwa mu kugura ibyo kurya by'abanyeshuri.