Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yasabye Abanyarwanda kwirinda Politiki mbi bakunga ubumwe mu kubaka Igihugu cyabo, ubwo yifatanyaga n’abakozi b’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, Minisiteri y’Ubutabera, Minisiteri y’Ibikorwaremezo na Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko, mu kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Amashami y’inganda zafunzwe harimo ay'uruganda rwa Aqua water Ltd, uruganda rwa Jibu Ltd, uruganda rwa Perfect water Ltd, uruganda rwa Iriba Ltd n’uruganda rwa SIP Kicukiro Ltd
Kuri uyu wa gatanu nibwo hatangijwe ku mugaragaro inama y’abakuru b’ibihugu naza guverinoma bigize umuryango wa Commonwealth (CHOGM).
Umuryango wa Commonwealth ni umwe mu mashyirahamwe ya politiki amaze igihe ku isi. Inkomoko yawo ituruka ku Bwami bw'Ubwongereza, igihe ibihugu bimwe byo ku isi byakoronizwaga n’Ubwongereza.
Ni kenshi abantu bibaza ku byo babona, bakibaza impamvu byabayeho cyangwa bimwe bikabaho ntibamenye ko biriho! Uyu munsi, twabahitiyemo bicye muri byinshi abahanga ndetse n'abashakashatsi bagiye bavumbura mu bushakashatsi bagiye bakora ku mibereho y'abantu no mu buzima bwa buri munsi.
Ni impano igizwe n’amakarito magana atanu (500), akubiyemo ibiribwa by’ibanze nk’amavuta yo guteka, umuceri, umunyu, n’ibindi. Kwakira ifutali ndetse no kuyitanga hirya no hino mu gihugu, mu gihe nk’iki cy’igisibo cya Ramadhan ku bayislam bose bafata nk’igihe cyiza cyo kwifatanya n’abandi mu gihe umwe agize icyo arusha undi, ni igikorwa ngarukamwaka nk’uko umuyobozi w’Idini ya Islamu mu Rwanda (Mufti) Sheikh Salim HITIMANA yabidutangarije. Mumagambo ye, Mufti w’u Rwanda yagize ati :
Imyaka hafi 30 igiye gushira, U Rwanda rwibuka kandi rwubaka inzibutso hose mu gihugu. Ibi byafashije Abanyarwanda bavutse nyuma ndetse n’abanyamahanga kumenya amateka mabi ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.