Yari umwana wishimye kandi wishimiye ubuzima. Umunsi umwe Kasi abona ko se, amara igihe kinini avugana n’abagabo bo ku musozi w’iwabo, naho nyina akavugana n’abandi bagore bo mu itorero. Rimwe nijoro akurwa mu bitotsi na mukuru we, hanyuma umuryango wose usohoka mu nzu wiruka.
Mu nkuru iheruka twabonye ko imwe mu nzira zo gukira igikomere cyo ku mutima ari ugusohora agahinda kacu, tukabwira uwo twizeye ko aduteze amatwi. Indi nzira ni ugukora icyunamo duciye mu nzira ikwiye.
Mu bidukomeretsa umutima, usanga ibyo abantu bamwe banyuzemo ari bibi cyane kurusha abandi, ariko uburyo abantu babyitwaramo buratandukanye.
Mu buzima bwacu duhura n’ibibazo bitandukanye bitugiraho ingaruka. Ingaruka z’ibyo bibazo nizo zidutera ibyo twita ibikomere byo ku mutima. Rimwe na rimwe hari ubwo tumenya ko imyitwarire dufite uyu munsi iterwa n’ibibazo twaciyemo ariko hari n’ubwo tutabimenya bityo tugahora dufitanye ibibazo n’abandi kuko tutazi ko turwaye cg se bo batazi ko turwaye.
Bavuga ko umuntu arwaye mu mutwe igihe adashobora kugenzura ibitekerezo bye, ibyiyumvo bye n’imyifatire ye. Uyirwaye akenshi ntabasha gushyikirana neza n’abandi no gusohoza neza inshingano ze za buri munsi.
Gucura ni igihe umugore ageramo, ibyo bita imirerantanga (ovaires) bigabanya gukora umusemburo witwa oestrogenes, imihango ikagenda igabanuka yageraho igahagarara. N’ubwo abagore benshi bagera mu gihe cyo gucura ku myaka 50, ariko hari n’abo biza hagati y’imyaka 40 na 55.
Indwara bita stroke, ni ugutakaza bitunguranye imikorere imwe n’imwe cg myinshi y’ubwonko, bitewe no guhagarara nako gutunguranye ko gutembera kw’amaraso mu mitsi igaburira ubwonko ibyo bigatuma ubwonko butabona umwuka ukenewe n’intungamubiri bukeneye kugira bukomeze gukora.
We are facing unprecedented social, economic, and environmental challenges driven by the acceleration of globalization processes with a faster rate of technological developments.
Icy’ingenzi kuruta ibindi kiba mu gusaba imbabazi, ni ukumva umerewe neza mu mutwe no kumva amahoro y’imbere muri wowe, kuko kubaho ubana n’umutima ugucira urubanza kubera ikosa wakoze, ntabwo bitera guhangayika kw’imbere muri wowe gusa, ahubwo bishobora no kugutera uburwayi bw’umubiri
Kubabarira uwakubabaje ni ihurizo rikomeye ku bantu benshi.
Kubabarira uwakubabaje ntibiterwa n’uburemere bw’ikosa yakoze ahubwo biterwa n’ikigero cy’imyumvire uriho.
Nk’uko tubikesha umwanditsi Pierre Pradervant, mu gitabo cye cyitwa “kwiha impano yo kubabarira” ushobora gutangira uvuga ngo: “njye ndumva ukwiye kunsaba imbabazi, … ugakomeza umusobanurira ikosa yagukoreye, utibagiwe kumubwira icyo uri kumusaba gukora ngo arikosore cg se gusana ibyo yangije.