Articles

HEALTH

IBIMENYETSO BIKWEREKA KO UMWANA AFITE IHUNGABANA N’UBURYO YAFASHWA

Yari umwana wishimye kandi wishimiye ubuzima. Umunsi umwe Kasi abona ko se, amara igihe kinini avugana n’abagabo bo ku musozi w’iwabo, naho nyina akavugana n’abandi bagore bo mu itorero. Rimwe nijoro akurwa mu bitotsi na mukuru we, hanyuma umuryango wose usohoka mu nzu wiruka.

HEALTH

ZIMWE MU NZIRA ZO GUKIRA IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu nkuru iheruka twabonye ko imwe mu nzira zo gukira igikomere cyo ku mutima ari ugusohora agahinda kacu, tukabwira uwo twizeye ko aduteze amatwi. Indi nzira ni ugukora icyunamo duciye mu nzira ikwiye.

HEALTH

ZIMWE MU NZIRA ZO GUKIRA IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu bidukomeretsa umutima, usanga ibyo abantu bamwe banyuzemo ari bibi cyane kurusha abandi, ariko uburyo abantu babyitwaramo buratandukanye.

HEALTH

DUSOBANUKIRWE N’IBIKOMERE BYO KU MUTIMA

Mu buzima bwacu duhura n’ibibazo bitandukanye bitugiraho ingaruka. Ingaruka z’ibyo bibazo nizo zidutera ibyo twita ibikomere byo ku mutima. Rimwe na rimwe hari ubwo tumenya ko imyitwarire dufite uyu munsi iterwa n’ibibazo twaciyemo ariko hari n’ubwo tutabimenya bityo tugahora dufitanye ibibazo n’abandi kuko tutazi ko turwaye cg se bo batazi ko turwaye.

HEALTH

DUSOBANUKIRWE N'INDWARA ZO MU MUTWE

Bavuga ko umuntu arwaye mu mutwe igihe adashobora kugenzura ibitekerezo bye, ibyiyumvo bye n’imyifatire ye. Uyirwaye akenshi ntabasha gushyikirana neza n’abandi no gusohoza neza inshingano ze za buri munsi.

HEALTH

IMPINDUKA ZIBA MU MUBIRI BITEWE NO GUCURA (MENOPAUSE)

Gucura ni igihe umugore ageramo, ibyo bita imirerantanga (ovaires) bigabanya gukora umusemburo witwa oestrogenes, imihango ikagenda igabanuka yageraho igahagarara. N’ubwo abagore benshi bagera mu gihe cyo gucura ku myaka 50, ariko hari n’abo biza hagati y’imyaka 40 na 55.

HEALTH

INDWARA Y’UBWONKO IKUNZE KWITWA STROKE, AVC

Indwara bita stroke, ni ugutakaza bitunguranye imikorere imwe n’imwe cg myinshi y’ubwonko, bitewe no guhagarara nako gutunguranye ko gutembera kw’amaraso mu mitsi igaburira ubwonko ibyo bigatuma ubwonko butabona umwuka ukenewe n’intungamubiri bukeneye kugira bukomeze gukora.

SOCIAL

Promoting early relevant learning at primary education level By Dr NDAYIZEYE MUNYANSANGA Olivier (PhD University Of Geneva) lecturer at Protestant University Of Rwanda.

We are facing unprecedented social, economic, and environmental challenges driven by the acceleration of globalization processes with a faster rate of technological developments.

SOCIAL

GUSABA NO GUTANGA IMBABAZI BITANGA AMAHORO

Icy’ingenzi kuruta ibindi kiba mu gusaba imbabazi, ni ukumva umerewe neza mu mutwe no kumva amahoro y’imbere muri wowe, kuko kubaho ubana n’umutima ugucira urubanza kubera ikosa wakoze, ntabwo bitera guhangayika kw’imbere muri wowe gusa, ahubwo bishobora no kugutera uburwayi bw’umubiri

SOCIAL

ESE KUBABARIRA UWAGUHEMUKIYE BIRASHOBOKA?

Kubabarira uwakubabaje ni ihurizo rikomeye ku bantu benshi.

SOCIAL

IMBARAGA ZAGUSHOBOZA KUBABARIRA UWAGUHEMUKIYE

Kubabarira uwakubabaje ntibiterwa n’uburemere bw’ikosa yakoze ahubwo biterwa n’ikigero cy’imyumvire uriho.

SOCIAL

INAMA ZAGUFASHA KUBABARIRA UWAGUHEMUKIYE. NI GUTE WABWIRA UMUNTU NGO AGUSABE IMBABAZI?

Nk’uko tubikesha umwanditsi Pierre Pradervant, mu gitabo cye cyitwa “kwiha impano yo kubabarira” ushobora gutangira uvuga ngo: “njye ndumva ukwiye kunsaba imbabazi, … ugakomeza umusobanurira ikosa yagukoreye, utibagiwe kumubwira icyo uri kumusaba gukora ngo arikosore cg se gusana ibyo yangije.