Latest News

NI IKI CYATUMA UMWANA WAWE ATSINDA NEZA AMASOMO? (Inyandiko Ya Dr Munyansanga Olivier, Umwalimu Muri PUR (Protestant University Of Rwanda)

Kugira ngo umwana atsinde neza biterwa n’uruhurirane (combination) rw’ibintu bitandukanye bituruka cyane cyane ku mubyeyi, ku mwalimu no ku bushake bw’umwana. Aba bantu uko ari batatu bagomba guhuza bakajya inama.Hari ibintu bine by’ibanze bigomba kwitabwaho by’umwihariko kugira ngo umwana w’umunyeshuri abashe gutsinda neza mw’ishuri. Hari ibintu bine by’ibanze bigomba kwitabwaho by’umwihariko kugira ngo umwana w’umunyeshuri abashe gutsinda neza mw’ishuri.

ESE KOKO IBITABO BITANU BIBANZA MURI BIBIBLIYA PENTATEUK (PENTATEUCH) BYANDITSWE NA MOSE?

Mu binyejana byinshi, imigenzo y’Abayahudi n’Abakristo yagiye ihuza Pentateuk na Mose, imwerekana nk’umuntu w’ingenzi mu kwakira, kwandika no kugeza ku Bisirayeli amategeko n’inkuru z’ingenzi zashingiweho mu kubaka ubuzima bw’ubwoko bw’Imana. Nyamara, ikibazo gitangaje kivuka iyo dusomye inyandiko ubwayo.

KWIBABARIRA WOWE UBWAWE: URUFUNGUZO RW’AMAHORO Y’UMUTIMA

Kwibabarira kubera ibintu bitari byiza wakoze ubishaka cyangwa utabishaka ni ibintu bigora abantu benshi. Buri gihe umuntu ahora yishinja kandi yicira urubanza. Biba bikomeye kwiyumvisha ko akwiye kwiha imbabazi agakomeza ubuzima. Nyamara n’ubwo bigoye, kwibabarira niyo ntambwe yambere yo kubaho neza wishimye kandi ufite amahoro muri wowe. Kwibabarira bisobanuye kurekeraho kwicira urubanza.

GUSABA NO GUTANGA IMBABAZI: INZIRA YO GUKIZA IBIKOMERE BY'UMUTIMA

Ubundi gusaba imbabazi ni umuco mwiza usanzwe muri sosiyete, haba umuntu ku giti cye cg se ku bandi. Ni uburyo bwo kugabanya umujinya, urwango, kurwanya amakimbirane ashobora kuza, kwirinda kwica imibanire myiza mufite, kugarura umuntu cg se itsinda ry’abantu mu buzima busanzwe igihe hakozwe ibyaha. Muri make gusaba imbabazi ni uburyo bwo kugumana imibanire myiza.

BUMWE MU BURYO BWAKURINDA KWIHEBA MU BIHE BIKOMEYE

Ibyo bibazo bishobora kuba iby’iminota mike, amasaha, iminsi, amezi cyangwa imyaka. Ikirushaho gukomerera ubirimo ni uko hari igihe bitinda gukemuka cyangwa uko iminsi ishira bikagenda byiyongera kurushaho. Ibi byose bishobora gutera ubirimo kwiheba no gucika intege, ndetse yaba asenga agatekereza ko Imana yamwibagiwe cyangwa yamwibasiye

IGISOBANURO CY’UBUZIMA BWO KU ISI NI IKIHE?

Abantu benshi usanga bibaza igisobanuro cy’ubuzima n’impamvu bari ku isi bikabayobera. Ese mu by’ukuri ni ikihe? Icyo kibazo abenshi igisubizo cyacyo kibabera ingorabahizi.

IMPANO KAREMANO Y’ UMWANA WAWE N’IYIHE?

Impano karemano ni ubushobozi budasanzwe umwana avukana, bugatuma akora cyangwa ahanga udushya tw’umwihariko bitamusabye kwiga cyane, ibyo akoze bikagaragaramo ubuhanga buri hejuru.