Latest News

Abarokokeye Jenoside Ku Mugina Basabye Ko Imibiri Y’abahaguye Yaboneka Igashyingurwa Mu Cyubahiro

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu cyahoze ari Komine Mugina mu Karere ka Kamonyi, barasaba abari abaturanyi babo gutanga amakuru y'ahaherereye imibiri y'abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Uburyo Ikoranabuhanga Ririmo Guhindura Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Abatuye mu Rwanda n'abahakorera, bemeza ko ikoranabuhanga ririmo kuborohereza mu mikorere yabo ya buri munsi bitewe na gahunda ya Smart Cities irimo gukurikiranwa n'Ubunyamabanga bw'ikigo Smart Africa gifite icyicaro muri Kigali.

Abasaga 60% By’abegerejwe Internet Muri Afurika Ntibayikoresha Uko Bikwiye-Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame avuga ko abasaga 60% by’abegerejwe internet muri Afurika batayikoresha uko bikwiye, bitewe no kutamenya imikoresherezwe yayo, agasaba ibihugu bya Afurika gukorera hamwe mu guteza imbere ikoranabuhanga.

Amafoto: Siporo Rusange Mu Mujyi Wa Kigali Yongeye Gusubukurwa

Nkuko bisanzwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali icyumweru cya mbere n’icyumweru cya gatatu buri gihe byahariwe gukora siporo rusange aho buri mutura Rwanda wese aba atumiwe muri iyo siporo.

Ikigo Gishinzwe Ubucukuzi Ntikizi Nyiri Ikirombe Cyaguyemo Abantu 6 I Huye

Ikigo gishinzwe mine, peteroli na gaz mu Rwanda kivuga kitaramenya umuntu wakoreraga ubucukuzi mu kirombe cyaguyemo abantu 6 mu Karere ka Huye.

MINICOM Yasobanuye Impamvu Ibishyimbo Bitashyiriweho Igiciro Fatizo

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda irasaba abacuruzi kubahiriza ibiciro bishya byashyizweho ku biribwa birimo ibigori, ifu ya kawunga n’umuceri kuko byashyizweho nyuma yo gusuzuma umusaruro w’ibyo biribwa mu gihugu.

Guverinoma Yagabanyije Imisoro Hashingiwe Ku Cyemezo Cya Perezida Kagame

Guverinoma yagabanyije imisoro hashingiwe ku cyerekezo cyatanzwe na Perezida Kagame muri Mutarama uyu mwaka. Urugero, umusoro w'ubutaka washyizwe hagati ya 0-80 Frw uvuye hagati ya 0-300Frw kuri metero kare.